• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Isoko rya Kinama mu mujyi wa Bujumbura riri mu masoko akomeye mu Gihugu cy’u Burundi, ryafashwe n’inkongi y’umuriro, byinshi byarimo birashya birakongoka.

Iyi nkongi yadutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 07 Gicurasi 2026, nyuma y’ukwezi muri uyu Mujyi wa Bujumbura habaye indi nkongi yibasiye ububiko bw’intwaro z’Igisirikare cy’u Burundi mu kigo cya Musaga muri uyu mujyi wa Bujumbura.

Iyi nkoni yabaye tariki 31 Werurwe 2026 yateye iturika ry’ubu bubiko, aho byagize ingaruka ku buzima bw’abari babuturiye, ndetse bamwe bahasiga ubuzima

Iri soko rya Kinama ryibasiwe n’inkongi y’umuriro kuri uyu wa Kane ahagana saa moya za mu gitondo, aho umuriro watangiriye mu gice gicururizwamo amavuta yo kwisiga, ubundi ukwira mu bindi bice byose byaryo.

Abacururiza muri iri soko, ubwo iyi nkongi yadukaga, hahise haba akavuyo kenshi, kuko buri wese yirukankaga arwana no gukiza ubuzima bwe n’ibicuruzwa byabo.

Hari n’abavuga ko ibicuruzwa byabo byose byahatikiriye kuko byahiye bigakongoka, ku buryo hari n’abatagize na kimwe baramura, mu gihe harimo abafite amadeni batse muri za Banki, ku buryo kuzabona ayo kuzishyura byatangiye kubabera ihurizo rikomeye.

Gusa inzego z’umutekano, ndetse n’umuryango mpuzamahanga utabare imbabare wa Croix Rouge, bagerageje kuzimya iyi nkongi y’umuriro, babasha kuburizamo ko ukwirakwira ahantu hanini, dore ko babashije kuyizimya saa tanu.

Polisi yo mu Gihugu cy’u Burundi, iratangaza ko hahise hatangira gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane intandaro y’iyi nkongi yangije byinshi, ndetse hakaba hari gukorwa ibarura ry’ibyangirikiyemo n’agaciro kabyo.

Igipolisi cy’u Burundi cyazimije iyi nkongi

RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 8 =

Previous Post

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Next Post

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n'umukecuru mu Kagari akigira mu nama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.