Thursday, May 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Isoko rya Kinama mu mujyi wa Bujumbura riri mu masoko akomeye mu Gihugu cy’u Burundi, ryafashwe n’inkongi y’umuriro, byinshi byarimo birashya birakongoka.

Iyi nkongi yadutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 07 Gicurasi 2026, nyuma y’ukwezi muri uyu Mujyi wa Bujumbura habaye indi nkongi yibasiye ububiko bw’intwaro z’Igisirikare cy’u Burundi mu kigo cya Musaga muri uyu mujyi wa Bujumbura.

Iyi nkoni yabaye tariki 31 Werurwe 2026 yateye iturika ry’ubu bubiko, aho byagize ingaruka ku buzima bw’abari babuturiye, ndetse bamwe bahasiga ubuzima

Iri soko rya Kinama ryibasiwe n’inkongi y’umuriro kuri uyu wa Kane ahagana saa moya za mu gitondo, aho umuriro watangiriye mu gice gicururizwamo amavuta yo kwisiga, ubundi ukwira mu bindi bice byose byaryo.

Abacururiza muri iri soko, ubwo iyi nkongi yadukaga, hahise haba akavuyo kenshi, kuko buri wese yirukankaga arwana no gukiza ubuzima bwe n’ibicuruzwa byabo.

Hari n’abavuga ko ibicuruzwa byabo byose byahatikiriye kuko byahiye bigakongoka, ku buryo hari n’abatagize na kimwe baramura, mu gihe harimo abafite amadeni batse muri za Banki, ku buryo kuzabona ayo kuzishyura byatangiye kubabera ihurizo rikomeye.

Gusa inzego z’umutekano, ndetse n’umuryango mpuzamahanga utabare imbabare wa Croix Rouge, bagerageje kuzimya iyi nkongi y’umuriro, babasha kuburizamo ko ukwirakwira ahantu hanini, dore ko babashije kuyizimya saa tanu.

Polisi yo mu Gihugu cy’u Burundi, iratangaza ko hahise hatangira gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane intandaro y’iyi nkongi yangije byinshi, ndetse hakaba hari gukorwa ibarura ry’ibyangirikiyemo n’agaciro kabyo.

Igipolisi cy’u Burundi cyazimije iyi nkongi

RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Related Posts

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

by radiotv10
07/05/2026
0

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV yakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Marco Rubio, ugiriye...

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

by radiotv10
07/05/2026
0

Perezida wa Sudani y'Epfo, Salva Kiir yirukanye Umugaba Mukuru w'Ingabo z'iki Gihugu na Minisitiri w'Imari wari umaze amezi atarenze atatu...

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

by radiotv10
06/05/2026
0

Pereza Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yabaye ahagaritse ibikorwa bya gisirikare byo gufungura inzira ya...

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

by radiotv10
06/05/2026
0

Polisi ya Uganda yataye muri yombi umuturage ukekwaho ibyaha by’ubugizi bwa nabi wo mu Karere ka Kisoro, n’Abanya-Nigeria babiri, muri...

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

by radiotv10
06/05/2026
0

Umunyeshuri w’umugore utwite wiga muri kaminuza ya Bishop Stuart University iherereye i Mbarara muri Uganda, yapfukamishijwe imbere ya bagenzi be...

IZIHERUKA

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi
AMAHANGA

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

by radiotv10
07/05/2026
0

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

07/05/2026
Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

07/05/2026
Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

07/05/2026
Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

07/05/2026
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

07/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.