Thursday, May 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in MU RWANDA
0
Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana yanenze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyandaro mu Karere ka Gicumbi wasize afungiranye mu Kagari umusaza n’umukecuru akigira mu nama, avuga ko iki kibazo kiri gukurikiranwa.

Ni nyuma yuko hamenyekanye ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Kagari ka Cyandaro mu Murenge wa Ruvune, yasize afungiranye abaturage mu biro by’aka Kagari akigira mu nama ku Biro by’Umurenge.

Ikinyamakuru TV 1 cyatangaje iby’uyu Muyobozi wafungiranye abaturage babiri, cyagaragaje umukecuru n’umusaza bafungiranye mu Biro by’Akagari, bavugira mu idirishya ko babuze ubafungurira.

Aba baturage bavuga ko baje ku biro by’Akagari bahamagajwe na Gitifu kugira ngo baganire ku kibazo cy’umwana wabo ukekwaho ubujura, ndetse ko bari baje biteguye kuriha ibyo byibwe, ariko ntibabone ubwishyu bwose.

Umusaza wavugiraga mu idirishya, yagize ati “Natanze ibihumbi 280. Ubwo nari nsigayemo amafaranga nzishyura buhoro buhoro.”

Uyu musaza avuga ko nyuma yuko babuze ubwishyu bwuzuye, Gitifu yahise afata icyemezo cyo kumufungira we n’umugore we mu Biro by’Akagari, ababwira ko azabafungura ari uko bishyuye amafaranga asigaye. Ati “Bayanze ayo nari nazanye, bategeka ngo yose ndava aha ari uko nyabahaye.”

Bavuga ko bagaya uyu muyobozi wabafungiranye, bakabura n’aho bajya kwikiranura n’umubiri ngo biherere, kuko bageze n’igihe cyo gushaka kujya ku bwiherero bakabura uko bajyayo.

Ubwo yatangaga igiterezo kuri iyi nkuru, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yanenze iki gikorwa cyakozwe n’uyu muyobozi.

Yagize ati “Ibyo uyu Gitifu w’Akagari yakoze byo gukingirana abaturage akigendera ntibyemewe na gato kandi ntibikwiye. Biri gukurikiranwa uko bikwiye kugirango bitazongera.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

Related Posts

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

by radiotv10
07/05/2026
0

Umunyamategeko Me Murangwa Faustin avuga ko nta mpaka zari zikwiye kuzamurwa n’abavuga ko batumva uburyo Dj Toxxyk yahawe ibihano bitarimo...

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

by radiotv10
07/05/2026
0

Urwego rw'u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS) rwasobanuye birambuye iby’urupfu rwa Karasira Aimable Uzaramba wari umaze imyaka itanu afunze, akaba yitabye...

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

by radiotv10
07/05/2026
0

Mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Rutsiro, habereye impanuka y’imodoka itwara abagenzi ya minibus yajyaga i Rubavu yagonganye na...

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

by radiotv10
07/05/2026
0

Karasira Aimable Uzaramba wigeze kwigisha muri Kaminuza y'u Rwanda, wari umaze igihe afunze, yitabye Imana nyuma yo kujyanwa mu Bitaro...

Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi

Ubuhinzi bwinjirije u Rwanda miliyari 13Frw mu minsi 5 gusa: Menya ibihingwa byinjije menshi

by radiotv10
07/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi byoherezwa mu Mahanga (NAEB), cyatangaje ko hagati y’itariki 27 Mata n’iya...

IZIHERUKA

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama
MU RWANDA

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

by radiotv10
07/05/2026
0

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

07/05/2026
Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

07/05/2026
Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

07/05/2026
Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

07/05/2026
Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

Polisi yavuze igikekwaho gutera impanuka y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi zagonganye

07/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri yagize icyo avuga kuri Gitifu wasize afungiye umusaza n’umukecuru mu Kagari akigira mu nama

Nyuma y’ububiko bw’intwaro bwahiye ikindi gikorwa cyafashwe n’inkongi i Bujumbura mu Burundi

Igisubizo umunyamategeko ahaye abatumva uburyo Dj Toxxyk yafunguwe kandi yarahamijwe kwica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.