Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana yanenze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyandaro mu Karere ka Gicumbi wasize afungiranye mu Kagari umusaza n’umukecuru akigira mu nama, avuga ko iki kibazo kiri gukurikiranwa.
Ni nyuma yuko hamenyekanye ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Kagari ka Cyandaro mu Murenge wa Ruvune, yasize afungiranye abaturage mu biro by’aka Kagari akigira mu nama ku Biro by’Umurenge.
Ikinyamakuru TV 1 cyatangaje iby’uyu Muyobozi wafungiranye abaturage babiri, cyagaragaje umukecuru n’umusaza bafungiranye mu Biro by’Akagari, bavugira mu idirishya ko babuze ubafungurira.
Aba baturage bavuga ko baje ku biro by’Akagari bahamagajwe na Gitifu kugira ngo baganire ku kibazo cy’umwana wabo ukekwaho ubujura, ndetse ko bari baje biteguye kuriha ibyo byibwe, ariko ntibabone ubwishyu bwose.
Umusaza wavugiraga mu idirishya, yagize ati “Natanze ibihumbi 280. Ubwo nari nsigayemo amafaranga nzishyura buhoro buhoro.”
Uyu musaza avuga ko nyuma yuko babuze ubwishyu bwuzuye, Gitifu yahise afata icyemezo cyo kumufungira we n’umugore we mu Biro by’Akagari, ababwira ko azabafungura ari uko bishyuye amafaranga asigaye. Ati “Bayanze ayo nari nazanye, bategeka ngo yose ndava aha ari uko nyabahaye.”
Bavuga ko bagaya uyu muyobozi wabafungiranye, bakabura n’aho bajya kwikiranura n’umubiri ngo biherere, kuko bageze n’igihe cyo gushaka kujya ku bwiherero bakabura uko bajyayo.
Ubwo yatangaga igiterezo kuri iyi nkuru, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yanenze iki gikorwa cyakozwe n’uyu muyobozi.
Yagize ati “Ibyo uyu Gitifu w’Akagari yakoze byo gukingirana abaturage akigendera ntibyemewe na gato kandi ntibikwiye. Biri gukurikiranwa uko bikwiye kugirango bitazongera.”

RADIOTV10








