Wednesday, May 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku byari byavuzwe ko imipaka ifunze

radiotv10by radiotv10
20/05/2026
in MU RWANDA
0
Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku byari byavuzwe ko imipaka ifunze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yavuze ko imipaka ihuza iki Gihugu n’ibituranyi idafunze, ahubwo ko mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola, buri mugenzi winjira cyangwa usohoka mu Rwanda akorerwa igenzura.

Uwera Jean Maurice yabitangaje mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicurasi 2026 nyuma yuko mu mpera z’icyumweru gishize no mu ntangiro z’iki, Uturere twa Rusizi na Rubavu duhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, dufashe ingamba zo kwirinda ko icyorezo cyagaragaye muri kiriya Gihugu cyakwinjira mu Rwanda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yagize ati “Imipaka ntabwo ifunze. Mu rwego rwo kurinda ubuzima no gukumira ikwirakwira rya Ebola mu Rwanda, buri mugenzi winjira cyangwa usohoka igihugu aragenzurwa.”

Uwera Jean Maurice yatangaje ko nubwo imipaka ifunguye, ariko hagomba gukazwa ingamba zo kwirinda ko icyorezo cya Ebola cyagaragaye mu baturanyi cyagera mu Rwanda.

Ati “Nubwo imipaka ifunguye harasabwa kwigengesera ku bambuka kuko kujya mu gihugu cyagaragayemo icyorezo bisaba ubwitonzi, abagenda barasabwa kubimenyesha ubuyobozi, abacuruzi bagakorera muma groups ya cooperatives bakoreramo.”

Kugeza ubu mu Mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hamaze kwemezwa umurwayi umwe wa Ebola, ndetse Ihuriro AFC/M23 rigenzura uyu mujyi, rikaba ryatangaje ko hamaze kumenyekana umubare w’abantu 189 bahuye n’uwo muntu wasanzwemo iyi ndwara.

Mu itangazo iri Huriro ryashyize hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Gicurasi 2026, ryatangaje ko aba bantu bahuye n’uriya murwayi, bari gukorerwa igenzura n’itsinda ry’ubuzima.

AFC/M23 yavuze hoherejwe ibizamini by’abantu 22 muri Laboratwari y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi ku Buzima (INRB) kugira ngo bikorerwe isuzuma, aho kugeza kuri uyu wa Kabiri hari hamaze kuboneka ibisubizi bitanu, byose byagaragazaga ko nta n’umwe wanduye.

Iri Huriro kandi ryatangaje ko mu Mujyi wa Bukavu na wo wegereye u Rwanda, nta murwayi wa Ebola wari wahagaragara, ndetse ko n’uwari waketswe, yafashwe ibizamini bikagaragaza ko atanduye.

Abinjira mu Rwanda bari gukorerwa igenzura

 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano u Rwanda rwasinyanye n’u Burusiya

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano u Rwanda rwasinyanye n’u Burusiya

by radiotv10
20/05/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burusiya zasinye amasezerano y’imikoranire mu rwego rw’Ubuzima, ariko ingingo zinyuranye zirimo kuzamura urwego rw’abakora mu buvuzi,...

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

by radiotv10
20/05/2026
0

Minisitiri w’u Bubanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier yatangaje ko ubufatanaye bw’u Rwanda na Mozambique bwatanze umusaruro kandi akazi kakozwe na...

Eng.-Rwanda Confirms Its Security Forces Will Continue Their Mission in Mozambique

Eng.-Rwanda Confirms Its Security Forces Will Continue Their Mission in Mozambique

by radiotv10
20/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has announced that the partnership between Rwanda and Mozambique...

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

Perezida Kagame yemeje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba rufite amashanyarazi akomoka kuri Nikeleyeri

by radiotv10
19/05/2026
0

Pererezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteze ko mu ntangiro za 2030 ruzaba rufite amashanyarazi akomoka ku ngufu za...

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yageze mu Rwanda

by radiotv10
19/05/2026
0

Perezida wa Tanzania, Madamu Samia Suluhu Hassan, yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama y'Ihuriro Nyafurika ry'Ingufu za Nikeleyeri 'Nuclear Energy...

IZIHERUKA

Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku byari byavuzwe ko imipaka ifunze
MU RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku byari byavuzwe ko imipaka ifunze

by radiotv10
20/05/2026
0

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

20/05/2026
Iby’ingenzi wamenya ku masezerano u Rwanda rwasinyanye n’u Burusiya

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano u Rwanda rwasinyanye n’u Burusiya

20/05/2026
Gen.Muhoozi yavuze ikizakorerwa imodoka ihenze yafatiriwe n’wahoze ari Perezidante w’Inteko

Gen.Muhoozi yavuze ikizakorerwa imodoka ihenze yafatiriwe n’wahoze ari Perezidante w’Inteko

20/05/2026
Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

20/05/2026
Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

20/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku byari byavuzwe ko imipaka ifunze

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano u Rwanda rwasinyanye n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.