Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yavuze ko imipaka ihuza iki Gihugu n’ibituranyi idafunze, ahubwo ko mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola, buri mugenzi winjira cyangwa usohoka mu Rwanda akorerwa igenzura.
Uwera Jean Maurice yabitangaje mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicurasi 2026 nyuma yuko mu mpera z’icyumweru gishize no mu ntangiro z’iki, Uturere twa Rusizi na Rubavu duhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, dufashe ingamba zo kwirinda ko icyorezo cyagaragaye muri kiriya Gihugu cyakwinjira mu Rwanda.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yagize ati “Imipaka ntabwo ifunze. Mu rwego rwo kurinda ubuzima no gukumira ikwirakwira rya Ebola mu Rwanda, buri mugenzi winjira cyangwa usohoka igihugu aragenzurwa.”
Uwera Jean Maurice yatangaje ko nubwo imipaka ifunguye, ariko hagomba gukazwa ingamba zo kwirinda ko icyorezo cya Ebola cyagaragaye mu baturanyi cyagera mu Rwanda.
Ati “Nubwo imipaka ifunguye harasabwa kwigengesera ku bambuka kuko kujya mu gihugu cyagaragayemo icyorezo bisaba ubwitonzi, abagenda barasabwa kubimenyesha ubuyobozi, abacuruzi bagakorera muma groups ya cooperatives bakoreramo.”

Kugeza ubu mu Mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hamaze kwemezwa umurwayi umwe wa Ebola, ndetse Ihuriro AFC/M23 rigenzura uyu mujyi, rikaba ryatangaje ko hamaze kumenyekana umubare w’abantu 189 bahuye n’uwo muntu wasanzwemo iyi ndwara.
Mu itangazo iri Huriro ryashyize hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Gicurasi 2026, ryatangaje ko aba bantu bahuye n’uriya murwayi, bari gukorerwa igenzura n’itsinda ry’ubuzima.
AFC/M23 yavuze hoherejwe ibizamini by’abantu 22 muri Laboratwari y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi ku Buzima (INRB) kugira ngo bikorerwe isuzuma, aho kugeza kuri uyu wa Kabiri hari hamaze kuboneka ibisubizi bitanu, byose byagaragazaga ko nta n’umwe wanduye.
Iri Huriro kandi ryatangaje ko mu Mujyi wa Bukavu na wo wegereye u Rwanda, nta murwayi wa Ebola wari wahagaragara, ndetse ko n’uwari waketswe, yafashwe ibizamini bikagaragaza ko atanduye.


RADIOTV10









