Friday, May 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

radiotv10by radiotv10
22/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine
Share on FacebookShare on Twitter

Rutahizamu w’ikirangirire w’ibihe byose Cristiano Ronaldo, yatsindiye ibitero bibiri ikipe ye ya Al-Nassr FC, bituma umubare w’ibitego bibura ngo yuzuze igihumbi (1 000) ugabanuka ugera ku bitego 27 gusa.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane al nassr ya cristiano ronaldo nibwo yegukanye igikombe cya Shampiyona yo muri Arabie Saoudité, kapiteni wayo Cristiano Ronaldo akaba yakoze amateka yo kwegukana igikombe ku Mugabane wa Aziya kuri iyi nshuro.

Al nassr nibwo yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Arabie Saoudité nyuma y’uko yari imaze gutsinda Damac ibitego 4-1 igahita yuzuza amanota 86 irusha amanota abiri Al Hilal SC yatsinze Al Feiha igitego 1-0 yo ikagira 84.

Ibitego bya Al nassr byatsinzwe na Sadio Mané wagishyizemo ku munota wa 33, Kingsley Coman ku munota wa 51, na bibiri bya Cristiano Ronaldo ku munota wa 62 n’uwa 80.

Gutsinda uyu mukino byatumye yuzuza amanota 86, irusha amanota abiri Al Hilal SC bihanganye, n’ubwo na yo yari yatsinze Al Feiha igitego 1-0, ihita yegukana Igikombe cya 10 cya Shampiyona ya Arabie Saoudité, kiba icya 10 iyi kipe yegukanye [1975, 1980, 1981, 1989, 1994, 1995, 2014, 2015, 2019, 2026].

Muri uyu mwaka w’imikino, Al Nassr yatsinze imikino 28, inganya ibiri mu gihe yatsinzwe ine. CR7 yatsinze ibitego 28 muri 63 iyi kipe yinjije muri uyu mwaka wose.

Ibi byatumye uyu mukinnyi agira ibitego 973, mu rugendo rwe rwo kwandika amateka yo gutsinda ibitego 1000. Muri Saudi Pro League amaze gutsinda ibitego 102, mu gihe Al Nassr yayitsindiye ibitego 129.

Uyu munyabigwi yanditse andi mateka yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona ku Mugabane wa Aziya nyuma yo kubyegukana iwabo, mu Bwongereza, muri Espagne no mu Butaliyani.

Cristiano ufite imyaka 41 ari ku rutonde rw’ikipe y’Igihugu ya Portugal izakina Igikombe cy’Isi cya 2026, kikazaba ari icya gatandatu akinnye mu mateka ye.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 5 =

Previous Post

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Next Post

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Related Posts

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

by radiotv10
22/05/2026
0

Cristiano Ronaldo n’ikipe ye Al Nassr FC begukanye igikombe cya shampiyona ya Saudi Arabia, kibaye icya mbere cya shampiyona Ronaldo...

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

Umukinnyi mpuzamahanga ufite inkomoko mu Rwanda wifuzwa n’Amavubi yatandukanye n’ikipe ye

by radiotv10
20/05/2026
0

Myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo, Warren Kamanzi, yamaze gutandukana n’ikipe yakiniraga ya Toulouse FC yo mu cyiciro cya mbere mu...

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka 20 ishize

by radiotv10
20/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye ikipe ya Arsenal asanzwe akunda, ku bwo gutwara Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza English Premier League...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

REG Volleyball Club yegukanye Igikombe cya Shampiyona yaherukaga mu myaka ine

by radiotv10
17/05/2026
0

Ikipe ya REG Volleyball Club yegukanye igikombe cya shampiyona ya Volleyball 2026 mu bagabo nyuma yo guturuka inyuma igatsinda Police...

IZIHERUKA

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando
AMAHANGA

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

by radiotv10
22/05/2026
0

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

22/05/2026
Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

22/05/2026
Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

22/05/2026
Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

22/05/2026
Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

22/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.