Friday, May 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

radiotv10by radiotv10
22/05/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko mu gihe cyo gushaka ibyangombwa byo kubaka, nta faranga na rimwe umuntu yakwa, ahubwo ko amafaranga atangwa iyo umuntu yamaze kucyemererwa, bityo ko abazajya bayakwa bikiri mu nzira, bagomba kujya bamenya ko ari ruswa.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya wabeshyuje imvugo ikunze kumvikana ko umuntu adashobora kubona icyangombwa cyo kubaka mu Mujyi wa Kigali adatanze amafaranga.

Yagize ati “Ubundi gushaka icyangombwa cyo kubaka mu Mujyi wa Kigali, ntabwo bisaba amafaranga, ahubwo amafaranga uyatanga ari uko icyangombwa umaze kucyemererwa.”

Emma Claudine avuga ko abantu bose bazajya bakwa amafaranga mu gihe gushaka icyangombwa bikiri mu nzira, bagomba kujya bagira amakenga.

Ati “Bivuga ngo mu gihe cyo kugishaka, umuntu uzagusaba amafaranga aho bizaba bigeze aho ari hose hose, icyangombwa utaracyemererwa, icyo gihe uzamenye ko uwo muntu ari kukwaka ruswa.”

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, avuga ko n’amafaranga atangwa ari ahabwa “Umu-Injeniyeri wawe, wa wundi ugiye kugukorera ibishushanyo. Uwo nguwo ntabwo ari uw’Umujyi wa Kigali, nimwe mwumvikana, n’amafaranga muri bwumvikane, ibyo ngibyo ni ibyanyu.”

Avuga ko igihe cyose umuntu ataremererwa icyangombwa, hakagira umusaba amafaranga yo kugira ngo izo nzira zihute, azajya amwima amatwi.

Ati “Umuntu uzakubwira ngo cyatinze ngo shaka ikintu[amafaranga], umuntu uzakubwira ngo baduhaye comment ngo kugira ngo bayikureho ngo shaka ikintu […] ibintu umuntu azakubwira ibyo ari byo byose, ni ruswa.”

Avuga ko igihe icyangombwa cyamaze kwemerwa cyamaze kugera muri system, hari amafaranga umuntu yishyura, kandi na yo akishyurwa binyuze ku rubuga Irembo.

Avuga ko nubwo iki kibazo cyo kwakwa amafaranga ku baturage bifuza ibyangombwa byo kubaka, cyakunze gushinjwa abayobozi bo mu nzego z’ibanze, hari n’abenjeniyeri babikora, babeshya abaturage ko ibyangombwa byabo bitaraboneka nyamara hari n’igihe biba byaramaze kugera muri sisiteme, ariko bakanga kubimenyesha abaturage kugira ngo babone uko babarya amafanga yabo.

Yavuze kandi ko ibi byatumye hahindurwa sisiteme yifashishwa mu gutanga ibyangombwa, kuko mbere yabashaka kwinjirwamo n’abenjeniyeri gusa, ariko umuturage ashobora kujya ku rubuga akikurikiranira ubusabe bw’icyangombwa cye.

Emma Claudine, Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 10 =

Previous Post

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

Related Posts

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

by radiotv10
22/05/2026
0

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Ujekuvuka Emmanuel uzwi nka Marchal Ujeku, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho ibyaha birimo cyo kwihesha...

Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

Ibiyobyabwenge byinshi birimo ibilo 480 by’urumogi byangirijwe imbere y’abaturage

by radiotv10
22/05/2026
0

Mu bukangurambaga bwa Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage bugamije gukumira no kurwanya ibyaha, mu Karere ka...

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Ubutumwa bwahawe uwari Umuvugizi wa RDF ku nshingano zo kuyobora Umutwe w’Ingabo zihora ziteguye

by radiotv10
21/05/2026
0

Minisitiri w’Ingabo muri Uganda, Jacob Marksons Oboth yabwiye Brig Gen Ronald Rwivanga ko inshingano yahawe zo kuyobora Umutwe w’Ingabo z’Ibihugu...

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

Abasezeranye ivangamutungo rusange mu Rwanda ni 97%, ab’ivanguramutungo risesuye ni 0,6%

by radiotv10
21/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare cyagaragaye ko abashakanye mu mwaka wa 2025, abenshi bitabiriye uburyo bw’ivangamutungo rusange ryakozwe n’abantu 97%, mu gihe...

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
21/05/2026
0

Brig Gen Ronald Rwivanga wari umaze imyaka itanu n'igice ari Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangiye inshingano nshya zo kuyobora Umutwe...

IZIHERUKA

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse
IMIBEREHO MYIZA

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

by radiotv10
22/05/2026
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

22/05/2026
Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

22/05/2026
Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

Umuhanzi akaba n’umushabitsi Marchal Ujeku yatawe muri yombi muri dosiye ivugwamo miliyoni 50Frw

22/05/2026
Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi yateye intambwe imuganisha guca agahigo azaba afite wenyine

22/05/2026
Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

Umukinnyi w’ikirangirire Cristiano Ronaldo yanditse andi mateka yiyongereye ku yo asanganywe

22/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umujyi wa Kigali wagiriye inama abasaba ibyangombwa byo kubaka bakwa amafaranga adasobanutse

Amakuru mashya: Muri Congo imirwano yahinduye isura

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.