• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyagendeweho ngo Sky2 uzwi mu myidagaduro nyarwanda afungurwe

radiotv10by radiotv10
26/05/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uzwi mu myidagaduro y’u Rwanda akurikiranyweho ibirimo kuruma ugutwi umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Hahirwabasenga Timothée uzwi nka Sky2 ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku gukubita no gukomeresta umugore we akanamuruma ugutwi, yafunguwe by’agateganyo nyuma yuko ahawe imbabazi.

Sky2 yari yatawe muri yombi tariki 11 Gicurasi, aho yari afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nduba mu Karere ka Gasabo, akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku kuba yarakubise umugore we basezeranye Bakarere Sandrine akanamuruma ugutwi ku ya 05 Gicurasi 2025.

Uyu uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, yafunguwe by’agateganyo n’Ubushinjacyaha kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2026, ategekwa kuzajya yitaba rimwe mu cyumweru.

Amakuru avuga ko irekurwa rya Sky2 rishingiye ku mpamvu zinyuranye zirimo kuba yarahawe imbabazi n’Umugore we ku byaha yamuregaga birimo kumukubita ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashakanye.

Imbabazi zahwe Sky2 kandi zinakubiye mu nyandiko yashyikirijwe Ubushinjacyaha bwari bwaramaze kwakira dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo uyu mugabo, ndetse iyo nyandiko ikaba iriho umukono wa Noteri.

Nanone kandi umugore wa Sky2 yari yamureze kuba akoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, ariko mu iperereza n’ibizamini byakozwe, bigaragaza ko atanywa iki kiyobyabwenge kiri mu by’ubwoko bw’ibikomeye.

Mu iperereza kuri iki cyaha, Ubushinjacyaha bwanakiriye ubuhamya bw’abatangabuhamya barimo umukozi wo mu rugo kwa Sky2 wavuze ko atigeze abona uyu Sebuja anywa icyo kiyobyabwenge.

Hanakozwe kandi ibizamini bya gihanga kugira ngo hasuzumwe niba koko mu mubiri w’uyu mugabo hatarimo ibiyobyabwenge by’urumogi, biza kugaragara ko ntabirimo.

Ibi byose kimwe n’imbabazi zatanzwe n’umugore we, Sky2 yarekuwe by’agateganyo n’Ubushinjacyaha, ariko ategekwa kujya yitaba rimwe mu cyumweru mu gihe akiri gukorwaho iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 3 =

Previous Post

Senegal yabonye Minisitiri w’Intebe mushya nyuma yuko Perezida yirukanye uwahoze ari inkoramutima ye

Next Post

Being busy doesn’t always mean you’re doing what truly matters

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Being busy doesn’t always mean you’re doing what truly matters

Being busy doesn’t always mean you’re doing what truly matters

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.