• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Museveni ntiyumva ukuntu Umunya-Uganda ugikennye ajya mu muhanda kwishima ngo ikipe y’i Burayi yatwaye igikombe

radiotv10by radiotv10
27/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Museveni ntiyumva ukuntu Umunya-Uganda ugikennye ajya mu muhanda kwishima ngo ikipe y’i Burayi yatwaye igikombe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yasabye Abanya-Uganda babaswe no gufana amakipe y’i Burayi, gushyira imbaraga mu guhangana n’ubukene bukibugarije aho kwishimira ko ikipe yo mu Bwongereza yatwaye igikombe.

Uyu mukuru w’igihugu cy’Ubugande yabibwiye abayobozi mu nzego zitandukanye bagiye gutangira inshingano zo kuyobora igihugu mu nzego zitandukanye.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni Tibuhaburwa yeretse abo bayobozi amashusho y’abaturage be bamaze imyaka myinshi mu bukene. Kandi ngo uburyo bwo kubakura muri ubwo buzima ntibwabuze. Ahubwo ngo barangariye mu bintu bitari ngombwa.

Aha ni ho uyu mukuru w’igihugu yavuze ukuntu abaturage be baherutse kugaragaza ibyishimo byinshi bikomoka ku ntsinzi y’ikipe imwe ikina umupira w’amaguru mu gihugu cy’Ubwongereza.

Yagize ati “Umwe mu bantu banjye aherutse kuntumira mu bintu bya Arsenal. Naramubajije nti Arsenal ni ibiki? Yaransubije ngo ni ikipe yo ku mugabane w’u Burayi ngo zinzi ibyo yagezeho. Ansaba ko najya kubyishimira. Naramubajije ngo nishimire ibiki? Ntimukandangaze. Njye nakinnye umupira w’amaguru. Nta wabimbwira kubera ko nawuretse mu mwaka wa 1966. Ndi mu Bugande. Kwibohora, ubukene no guhanga imirimo ni byo ndeba.

None umuntu aranyandikira ansaba kujya kwishimira Arsenal! Njyewe Yoweri Museveni! Yego ushobora kugumana Arsenal yawe.”

Yabasabye abo bayobozi gushyira umutima ku gukemura ibibazo by’ubukene byugarije abaturage be mbere yo kujya mu birori nk’ibyo.

Ati “Banza urebe abaturage bawe. Abaturage bawe barakennye none ururirwa ujya kureba amakipe y’ahandi? Ibi sinzigera mbyihanganira. Naritonze bihagije, ndavuga, kubera ko natekerezaga ko abantu banyumva.

Ariko niba utumva, igihe cyose Imana ikimbeshejeho hano sinzihanganira ubu bugambanyi ukundi. Uwitwa umuyobozi wese agomba gukoresha imishinga ya Leta mu guhashya ubukene no guhanga imirimo. Ubutunzi ni bwo buhanga imirimo.

Ugumane Arsenal yawe, ariko ukemure icyo kibazo niba uri umuyobozi.”

Ibyo birori Perezida Museveni atishimiye, abaturage be babyitabiriye ku bwinshi. Ndetse binavugwa ko Ubugande ari kimwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika birimo abafana benshi ba Arsenal. Aba bagaragaje kwishimira ko iyi kipe y’umupira w’amaguru mu Bwongereza yarangije umwaka w’imikino iri ku mwanya wa mbere. Ibyo byatumye yegukana igikombe cy’irushanwa nyuma y’imyaka 22.

Perezida Museveni atanyuze ku ruhande na gato yavuze ko Abagande bagomba kwita ku bibazo bafite. Uyu mukuru w’igihugu yanabwiye abaminisitiri ko bashyira imbere kubyaza umusaruro amahirwe igihugu cyashyiriyeho abaturage. Yababwiye ko nagira umuminisitiri asanga atarujuje inshingano zo guteza imbere abaturage azahita amwirukana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 3 =

Previous Post

Uwabaye Perezida wa Kenya yagiriye inama uwamusimbuye n’umunyapolitiki batavuga rumwe bakomeje guterana amagambo

Next Post

Hatanzwe umucyo ku mpinduka z’ingenzi mu mategeko agenga abakozi ba Leta mu Rwanda hitswa ku by’imishahara

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Hatanzwe umucyo ku mpinduka z’ingenzi mu mategeko agenga abakozi ba Leta mu Rwanda hitswa ku by’imishahara

Hatanzwe umucyo ku mpinduka z’ingenzi mu mategeko agenga abakozi ba Leta mu Rwanda hitswa ku by’imishahara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.