Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, yibukije abakora mu mabagiro uruhare bashobora kugira mu kurandura ubujura bw’amatungo bukomeje kuvugwa muri iyi Ntara, bibutswa ko itungo ryose bagiye kubaga bagomba kubanza kwerekwa ibyangombwa bigaragaza aho aturutse na ba nyirayo.
Mu rwego rwo gukomeza ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha mu Ntara y’Amajyepfo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, yakomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bugamije gushimangira umutekano no kurwanya ubujura bw’amatungo.
Ni ibikorwa byabereye mu Karere ka Huye, Umurenge wa Ngoma, aho abakora ku ibagiro rya Matyazo bibukijwe uruhare bafite mu gukumira ubujura bw’amatungo magufi n’amaremare.
Mu butumwa bwatanzwe na Polisi y’u Rwanda, abakora kuri iri bagiro basabwe kujya bagenzura neza ko amatungo yose azanwa kubagwa afite ibyangombwa byuzuye bigaragaza aho aturutse, nyirayo ndetse n’ubuyobozi bwabisinyeho, kugira ngo hakumirwe amatungo yibwe ashobora kugezwa ku ibagiro.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo CIP Hassan Kamanzi yavuze ko ubufatanye bw’inzego zitandukanye n’abaturage ari ingenzi mu gukumira ibyaha, asaba abakora ku ibagiro gukomeza gutanga amakuru ku gihe igihe babonye ibintu bikemangwa.
Yagize ati: “Umutekano ni inshingano za buri wese. Iyo habayeho gutanga amakuru ku gihe, bifasha inzego z’umutekano gukumira ibyaha mbere y’uko biba cyangwa gufata ababigizemo uruhare. Turasaba abakora ku ibagiro kujya bagenzura ibyangombwa by’amatungo yose no kwirinda kwakira ayo batazi inkomoko yayo.”
Yakomeje anabibutsa ko bagomba kwirinda kubaga amatungo atabanje gupimwa indwara, kuko bishobora gushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga, abasaba kandi gukomeza kugira isuku ihagije ku mubiri n’aho bakorera.
Umuyobozi w’ibagiro rya Matyazo Nazel KABARISA yavuze ko ubu bukangurambaga bubafasha kurushaho kumenya inshingano zabo mu kubungabunga umutekano no kurengera ubuzima bw’abaturage.
Yagize ati: “Tugiye gukomeza gukorana neza n’inzego z’umutekano, tunagenzure ko amatungo yose aje hano afite ibyangombwa byuzuye. Ibi bizadufasha gukumira ubujura bw’amatungo no kurinda abaturage kurya inyama zishobora kubagiraho ingaruka.”
Abaturage n’abakora muri iri bagiro bakanguriwe gukomeza ubufatanye n’inzego z’umutekano, batangira amakuru ku gihe kugira ngo ibyaha bikumirwe hakiri kare.


Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10






