• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuhungu wa General Muhoozi ari kwiga mu ishuri rya Gisirikare ryizemo Capt.Ian na Lt.Brian Kagame

radiotv10by radiotv10
28/05/2026
in AMAHANGA
0
Umuhungu wa General Muhoozi ari kwiga mu ishuri rya Gisirikare ryizemo Capt.Ian na Lt.Brian Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kaineragaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, yavuze ko umuhungu we Ruhamya Kainerugaba ari kwiga mu Ishuri rya gisirikare rya Royal Military Academy Sandhurst, ryizemo Capt. Ian Kagame na Lt Brian Kagame.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga, Gen Muhoozi yabitangaje agira ati “Umuhungu wanjye nkunda, Ruhamya ari kwitwara neza cyane muri Sandhurst.”

General Muhoozi kandi yaboneyeho gusaba Abanya-Uganda gusabira uyu muhungu we. Ati “Abanya-Uganda bose beza bagomba kumusengera amanywa n’ijoro.”

Ruhamya Kainerugaba ari kwiga muri iri shuri rya gisirikare rya Royal Military Academy Sandhurst ryo mu Bwongereza, nyuma yuko muri Nyakanga yinjiye mu gisirikare cya Uganda.

Iri shuri Royal Military Academy Sandhurst riri kwigamo umuhungu wa General Muhoozi, ryanizemo ubuheture n’umuhererez ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Cap. Ian Kagame na Lt Brian Kagame, ubu bamaze kwinjira mu gisirikare cy’u Rwanda.

Muri Nyakanga 2022, General Muhoozi ari mu batangaje bwa mbere ko Ian Kagame yariho yiga muri iri shuri, aho yagize ati “Reka nshimire murumuna wanjye Officer Cadet Ian Kagame ugiye kurangiza amasomo ye muri Sandhurst.”

Muri Kanama 2022, Ian Kagame ni bwo na we yari yarangije amasomo ya gisirikare muri iri shuri rya Royal Military Academy Sandhurst, aho bari barangijemo ari Abanyarwanda batatu, we na David Nsengiyumva na Park Udahemuka.

Ni mu gihe murumuna we Brian Kagame we yarangijeyo muri mu Ukuboza 2024, aho ibirori byo kurangiza amasomo, byanitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame ndetse na Yvan Cyomoro Kagame.

Iri shuri Royal Military Academy Sandhurst ryizemo abafite amazina akomeye ku Isi, barimo Ibikomangoma by’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince William na Harry, bakaba abahungu b’Umwami Charles III.

Abandi bize muri iri shuri bazwi, ni Muammar Muhammad Abu Minyar al-Gaddafi wabaye Perezida wa Libya, unazwi cyane mu guharanira ukwigira kwa Afurika.

Ubwo Ian Kagame yari ari kwiga muri iri shuri rya Royal Military Academy Sandhurst
Umuhungu wa General Muhoozi na we ari kwiga muri iri shuri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + twelve =

Previous Post

Iran yemeje ko yakoze igitero cyo kwihimura kuri America yongera no kuyiha umuburo

Next Post

Uko byagenze ngo ibiganiro by’intumwa za AFC/M23 n’u Busuwisi byari kubera i Goma bibere mu Rwanda

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
AFC/M23 na Leta ya Congo basinyanye amasezerano mu biganiro by’i Burayi

Uko byagenze ngo ibiganiro by’intumwa za AFC/M23 n’u Busuwisi byari kubera i Goma bibere mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.