• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari mu buyobozi bw’ubutasi bwa America yasanganywe zahabu z’amamiliyoni menshi n’ibindi bifite agaci gahambaye

radiotv10by radiotv10
28/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwari mu buyobozi bw’ubutasi bwa America yasanganywe zahabu z’amamiliyoni menshi n’ibindi bifite agaci gahambaye
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabaye mu buyobozi bw’Urwego rw’Ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, CIA; yatawe muri yombi nyuma yuko Urwego rushinzwe Iperereza FBI, rutahuye zahabu zifite agaciro ka Miliyoni 40$ [miliyari 58 Frw] zari mu rugo rwe muri Virginia, ndetse n’amasaha ahenze cyane.

Uyu David Rush, bivugwa ko yasabye kenshi Guverinoma ya America, kujya gufata utwo dupaki twa zahabu umwaka ushize nk’uko bigaragazwa n’inyandiko y’Urukiko.

Ashinjwa icyaha cy’ubujura bwo kwiba amafaranga ya Leta nk’uko bigaragazwa n’ikirego cyatanzwe mu cyumweru gishize.

Nk’uko bitangazwa n’Ikinyamakuru New York Times, uyu Rush yari afite umwanya wo hejuru muri ruriya rwego rushinzwe ubutasi bwo hanze rwa Leta Zunze Ubumwe za America CIA.

Yatawe muri yombi ndetse akaba azakomeza gufungwa kugeza igihe azaburanira mu rubanza rutegerejwe muri iki cyumweru. Umunyamategeko we yirinze kugira icyo avuga kuri iki kirego.

Nanone kandi abakora iperereza batahuye miliyoni 2$ mu rugo rwa Rush, ndetse n’amasaha 35 y’agaciro gahambaye yiganjemo ayo mu bwoko bwa Rolexes.

Inyandiko z’Urukiko rigaragaza ko Rush, yari afite umwanya wo hejuru muri CIA yo kuba yabasha kugera ku makuru y’ibanda, anashinjwa kandi kuba yarabeshye amashuri ye ndetse n’ibyo yakoze mu gisirikare ubwo yasabaga akazi muri Guverinoma, ndetse no gusaba ikiruhuko mu gisirikare mu buryo bw’uburiganya cyishyurwaga amafaranga menshi.

FBI ibajijwe ku bijyanye n’ikirego cya Rush, yatangaje mu nyandiko ko yatawe muri yombi tariki 19 Gicurasi nyuma yo kubisabwa na CIA.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Swiss Envoys Meet AFC/M23 in Rwanda Following Ebola Concerns in Goma

Next Post

Iran yemeje ko yakoze igitero cyo kwihimura kuri America yongera no kuyiha umuburo

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Iran yemeje ko yakoze igitero cyo kwihimura kuri America yongera no kuyiha umuburo

Iran yemeje ko yakoze igitero cyo kwihimura kuri America yongera no kuyiha umuburo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.