Uwabaye mu buyobozi bw’Urwego rw’Ubutasi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, CIA; yatawe muri yombi nyuma yuko Urwego rushinzwe Iperereza FBI, rutahuye zahabu zifite agaciro ka Miliyoni 40$ [miliyari 58 Frw] zari mu rugo rwe muri Virginia, ndetse n’amasaha ahenze cyane.
Uyu David Rush, bivugwa ko yasabye kenshi Guverinoma ya America, kujya gufata utwo dupaki twa zahabu umwaka ushize nk’uko bigaragazwa n’inyandiko y’Urukiko.
Ashinjwa icyaha cy’ubujura bwo kwiba amafaranga ya Leta nk’uko bigaragazwa n’ikirego cyatanzwe mu cyumweru gishize.
Nk’uko bitangazwa n’Ikinyamakuru New York Times, uyu Rush yari afite umwanya wo hejuru muri ruriya rwego rushinzwe ubutasi bwo hanze rwa Leta Zunze Ubumwe za America CIA.
Yatawe muri yombi ndetse akaba azakomeza gufungwa kugeza igihe azaburanira mu rubanza rutegerejwe muri iki cyumweru. Umunyamategeko we yirinze kugira icyo avuga kuri iki kirego.
Nanone kandi abakora iperereza batahuye miliyoni 2$ mu rugo rwa Rush, ndetse n’amasaha 35 y’agaciro gahambaye yiganjemo ayo mu bwoko bwa Rolexes.
Inyandiko z’Urukiko rigaragaza ko Rush, yari afite umwanya wo hejuru muri CIA yo kuba yabasha kugera ku makuru y’ibanda, anashinjwa kandi kuba yarabeshye amashuri ye ndetse n’ibyo yakoze mu gisirikare ubwo yasabaga akazi muri Guverinoma, ndetse no gusaba ikiruhuko mu gisirikare mu buryo bw’uburiganya cyishyurwaga amafaranga menshi.
FBI ibajijwe ku bijyanye n’ikirego cya Rush, yatangaje mu nyandiko ko yatawe muri yombi tariki 19 Gicurasi nyuma yo kubisabwa na CIA.
RADIOTV10






