• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iran yemeje ko yakoze igitero cyo kwihimura kuri America yongera no kuyiha umuburo

radiotv10by radiotv10
28/05/2026
in AMAHANGA
0
Iran yemeje ko yakoze igitero cyo kwihimura kuri America yongera no kuyiha umuburo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Iran, cyatangaje ko cyagabye igitero mu gace kari hafi y’Ikibuga cy’Indege cyitiriwe Bandar Abbas kigamije kwibasira ibirindiro bya America, mu rwego rwo kuyihimuraho, gitangaza ko kandi nta gitero cy’ubushotoranyi kizabaho ngo ntigisubizanywe imbaraga.

Ibi byemejwe n’Igisirikare Mpinduramatwara IRGC (Islamic Revolutionary Guard Corps) kuri uyu wa Kane tariki 28 Gicurasi 2026.

N’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru Tasnim, iki gisirikare cya Iran IRGC, cyagabye iki gitero mu masaha yo mu gitondo cya kare ahagana saa kumi na mirongo itanu (04:50’).

Amakuru avuga ko iki gisirikare cya Iran kigaragaza biriya birindiro, nk’ahategurirwa ibikorwa by’ubushotoranyi bikorwa na Leta Zunze Ubumwe za America kuri Iran, gusa nticyatanze amakuru arambuye kuri biriya birindiro n’agace nyirizina biherereyemo.

Iki gitero cya Iran kibayeho nyuma y’amakuru yabanje gutangazwa ko Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, na cyo cyakoze igitero mu nkengero cya Bandar Abbas.

IRGC yongeye gusaba ko ibikorwa “by’ubushotoranyi” bihagarara, inatanga umuburo ko nta gitero na kimwe cy’ubushotoranyi kizakorwa ngo ntigisubize kandi “ikoresheje imbaraga z’umurengera.”

Umwuka mubi hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za America wongeye kuzamuka muri iyi minsi, nyuma yuko America igabye ibindi bitero, ibintu byongeye kuzamura ibibazo muri kariya karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

Uwari mu buyobozi bw’ubutasi bwa America yasanganywe zahabu z’amamiliyoni menshi n’ibindi bifite agaci gahambaye

Next Post

Umuhungu wa General Muhoozi ari kwiga mu ishuri rya Gisirikare ryizemo Capt.Ian na Lt.Brian Kagame

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Umuhungu wa General Muhoozi ari kwiga mu ishuri rya Gisirikare ryizemo Capt.Ian na Lt.Brian Kagame

Umuhungu wa General Muhoozi ari kwiga mu ishuri rya Gisirikare ryizemo Capt.Ian na Lt.Brian Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.