• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
31/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori byo kwishimira ibikombe bitatu batwaye uyu mwaka.

APR yashyikirijwe iki gikombe nyuma yo gusoza shampiyona itsinda Gicumbi ibitego 2-0, bya William Mel Togui na Sheikh Djibril Ouattara.

Muri rusange iyi kipe y’ingabo z’igihugu yasoje shampiyona ifite amanota 68 irushwa amanota 7 na Al-Hilal yo muri Sudan, gusa APR yahawe igikombe kuko ari yo yaje imbere mu makipe y’u Rwanda ndetse ni yo izasohokera igihuhu muri Caf Champions League.

APR FC yegukanye Miliyoni 80 nk’igihembo cy’ikipe yabaye iya mbere, ndetse rutahizamu wayo Djibril Ouattara asoza ari we utsinze ibitego byinshi(18) akaba arusha Mbonyumwami Taiba wa Marines igitego 1.

Usibye iki gikombe cya shampiyona, uyu mwaka w’imikino iyi kipe yanatwaye igikombe cy’amahoro nsetse na Super Cup, byose ikaba yaboneyeho kubyishimira mu birori byabereye kuri Senior Officers’ Mess.

Muri ibi birori, General Mubarak Muganga yashimiye abakinnyi ndetse n’abatoza kuba baregukanye ibikombe 3 anavuga ko n’iyo biza kuba 4 cyangwa 5 bihatanirwa, yizeye ko bari kubitwara byose.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yanibukije umutoza ko nubwo umwaka w’imikino urangiye batwaye ibikombe, ariko banifuza gutwara Cecafa Kagame Cup iri mu kwezi kwa 7 ndetse no kugera kure muri Champions League.

Mu minsi iri imbere kandi, APR igiye kujya yinjiza ku buntu muri stade abana bari munsi y’imyaka 15 ariko bakaza bambaye umwambaro wa APR FC.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − five =

Previous Post

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Next Post

AMAKURU MASHYA: Ku nshuro ya mbere ikipe yo mu Rwanda ikoze amateka yegukana irushanwa rya BAL

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Hamenyekanye umukinnyi wa mbere APR ishobora guheraho igura mu mwaka mushya w’imikino

Hamenyekanye umukinnyi wa mbere APR ishobora guheraho igura mu mwaka mushya w’imikino

by radiotv10
27/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yamaze kumvikana n’umunyezamu ukomoka muri Mozambique witwa Ernan Alberto Siluane wari usanzwe ukina iwabo mu ikipe...

Next Post
AMAKURU MASHYA: Ku nshuro ya mbere ikipe yo mu Rwanda ikoze amateka yegukana irushanwa rya BAL

AMAKURU MASHYA: Ku nshuro ya mbere ikipe yo mu Rwanda ikoze amateka yegukana irushanwa rya BAL

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.