• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

radiotv10by radiotv10
01/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare
Share on FacebookShare on Twitter

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick na we uzwi mu gukorera abahanzi indirimbo mu buryo bw’amajwi.

Amakuru y’iyi ntambwe yatewe hagati ya Nshimiyimana Cedric AKA Cedru na Ella, yagiye hanze nyuma yuko umuhanzi Meddy usanzwe akorana na bariya batunganya indirimbo, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko uyu mukobwa witwa Ella yanakundanye na Producer Lick Lick wakanyujijeho mu gutunganya indirimbo z’abahanzi ubu bafite amazina azwi mu Rwanda.

Inkuru yo kwambikana impeta hagati ya Cedru na Ella, yatangajwe na Meddy ku mbuga nkoranyambaga ze, abifuriza amahirwe masa mu mushinga wabo wo kuzarushingana.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, Meddy yagize ati “Nyagasani Kristu akomeze gutuma ubuzima bwanyu burushaho kuba bwiza. Ndabashimiye fiancé na fiancée.” Arangije agaragaza ko umukobwa yemereye umuhungu wamwambitse impeta amusaba kuzarushingana.

Uyu mukobwa witwa Ella, yagaragaye cyane mu myidagaduro muri 2022 ubwo yavugaga ku rukundo rwa Meddy n’umugore we Mimi.

Ni mu biganiro uyu mukobwa yagiye agarukamo cyane, avuga iby’urukundo rw’aba bombi, aho yanagiranye ikiganiro na Meddy ubwe agaruka ku rukundo rwe na Mimi ubu bamaze imyaka itanu barushize.

Cedru

Cedru azwi mu gutunganya amashusho y’abahanzi
Umukunzi we Ella

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fifteen =

Previous Post

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Next Post

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Related Posts

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Being busy doesn’t always mean you’re doing what truly matters

Being busy doesn’t always mean you’re doing what truly matters

by radiotv10
27/05/2026
0

There is a strange trap that many people fall into without realizing it. They spend their entire day doing something,...

Next Post
Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.