Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America yatoye ingingo yo kugabanyiriza Perezida Donald Trump ububasha mu gukomeza gukora ibikorwa bya gisirikare mu ntambara iki Gihugu kirimo na Iran.
Iyi ngingo yemejwe kuri uyu wa Gatatu ku Badepite 215 batoye bayemeza kuri 208 bayanze, aho bibaye nyuma yuko hari bane bo mu ishyaka ry’Aba-Republican bemeye kujya ku ruhande rw’Aba-Democrats mu buryo bwo kugaragaza ko batemera iyi ntambara yatangiye muri Gashyantare.
Iki cyari kibaye igikorwa cya kane Inteko Ishinga Amategeko igerageza kugabanya ububasha bwa Trump mu ntambara, aho abatabishyigikiye bavuga ko badafite uburenganzira bwo kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko.
Gusa iki cyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko kiracyakeneye kwemezwa na Sena ya America igenzurwa n’Aba-Republicans. Nubwo cyaba cyaragenze neza muri Sena, ntabwo gishobora kugabanya burundu ibikorwa bya gisirikare kuri Iran.
Sena yatanze umwanzuro nk’uwo muri Gicurasi, nyuma yuko habayeho kubigerageza inshuro zindwi mbere, ariko ntikiragera ku majwi yose akenewe.
Abasesenguzi bavuga ko aya matora yabaye kuri uyu wa Gatatu yagaragaje ikimenyetso gishya cyo gucikamo kabiri mu ishyaka rya Trump ry’Aba-Republican, kigaragaye nyuma y’iminsi mike hagaragaye kudahuza mu ba-Conservative bari mu Nteko Ishinga Amategeko, bwatumye ubutegetsi bwe buhagarika gahunda y’ikigega cy’amadolari miliyari 1.8 USD cyo kurwanya intwaro.
Mu Nteko Ishinga Amategeko, Aba-Republicans Thomas Massie, Brian Fitzpatrick, Tom Barrett, na Warren Davidson binjiye mu itsinda ry’Aba-democrats bahurije hamwe kugira ngo bemeze umwanzuro wo ku wa Gatatu. Umudemokarate Jared Golden wo muri Maine, wari waratoye mbere ko yanze kiriya cyemezo, noneho yisubiye na we aragitorera.
RADIOTV10






