• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Inteko ya America yafashe icyemezo gishobora kugabanyiriza Perezida Trump ububasha mu ntambara ya Iran

radiotv10by radiotv10
04/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Inteko ya America yafashe icyemezo gishobora kugabanyiriza Perezida Trump ububasha mu ntambara ya Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America yatoye ingingo yo kugabanyiriza Perezida Donald Trump ububasha mu gukomeza gukora ibikorwa bya gisirikare mu ntambara iki Gihugu kirimo na Iran.

Iyi ngingo yemejwe kuri uyu wa Gatatu ku Badepite 215 batoye bayemeza kuri 208 bayanze, aho bibaye nyuma yuko hari bane bo mu ishyaka ry’Aba-Republican bemeye kujya ku ruhande rw’Aba-Democrats mu buryo bwo kugaragaza ko batemera iyi ntambara yatangiye muri Gashyantare.

Iki cyari kibaye igikorwa cya kane Inteko Ishinga Amategeko igerageza kugabanya ububasha bwa Trump mu ntambara, aho abatabishyigikiye bavuga ko badafite uburenganzira bwo kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko.

Gusa iki cyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko kiracyakeneye kwemezwa na Sena ya America igenzurwa n’Aba-Republicans. Nubwo cyaba cyaragenze neza muri Sena, ntabwo gishobora kugabanya burundu ibikorwa bya gisirikare kuri Iran.

Sena yatanze umwanzuro nk’uwo muri Gicurasi, nyuma yuko habayeho kubigerageza inshuro zindwi mbere, ariko ntikiragera ku majwi yose akenewe.

Abasesenguzi bavuga ko aya matora yabaye kuri uyu wa Gatatu yagaragaje ikimenyetso gishya cyo gucikamo kabiri mu ishyaka rya Trump ry’Aba-Republican, kigaragaye nyuma y’iminsi mike hagaragaye kudahuza mu ba-Conservative bari mu Nteko Ishinga Amategeko, bwatumye ubutegetsi bwe buhagarika gahunda y’ikigega cy’amadolari miliyari 1.8 USD cyo kurwanya intwaro.

Mu Nteko Ishinga Amategeko, Aba-Republicans Thomas Massie, Brian Fitzpatrick, Tom Barrett, na Warren Davidson binjiye mu itsinda ry’Aba-democrats bahurije hamwe kugira ngo bemeze umwanzuro wo ku wa Gatatu. Umudemokarate Jared Golden wo muri Maine, wari waratoye mbere ko yanze kiriya cyemezo, noneho yisubiye na we aragitorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + nineteen =

Previous Post

Amakuru mashya: Bitunguranye imikino u Rwanda rwari kuzakinira muri Maroc ntikibaye

Next Post

Amakuru mpamo ku ishyingurwa rya Kabuga Felicien byavugwaga ko ryabaye mu ibanga rikomeye

Related Posts

Abaturanyi b’uwari wasanzwemo Ebola ahagenzurwa na AFC/M23 babwiwe uko bakwiye kumwitwaraho akiva mu Bitaro

Abaturanyi b’uwari wasanzwemo Ebola ahagenzurwa na AFC/M23 babwiwe uko bakwiye kumwitwaraho akiva mu Bitaro

by radiotv10
04/06/2026
0

Umuturage wo mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wari wasanganywe...

Trump yemeje ko yise Netanyahu izina ryumvikana nk’igitutsi anavuga icyabimuteye

Trump yemeje ko yise Netanyahu izina ryumvikana nk’igitutsi anavuga icyabimuteye

by radiotv10
03/06/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yemeje ko yise ijambo ryumvikana nk’igitutsi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin...

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

Abasirikare babiri bo hejuru muri M23 na FDLR bafatiwe ibihano na America

by radiotv10
03/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano John Imani Nzenze ukuriye ubutasi bwa gisirikare muri M23, na Gustave Kubwayo ubukuriye...

Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

Uko i Kinshasa muri Congo haramutse ku munsi w’imyigaragambyo idasanzwe yiswe ‘Ville Morte’

by radiotv10
03/06/2026
0

I Kinshasa mu Murwa Mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haramutse umwuka w'igabanuka rikabije ry'urujya n'uruza ku munsi w'imyigaragambyo...

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

Hagati ya America na Iran byongeye gukomera

by radiotv10
03/06/2026
0

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America cyatangaje ko cyagabye ibitero cyise ibyo kwirwanaho ku bikorwa bya Iran mu ijoro...

Next Post
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Amakuru mpamo ku ishyingurwa rya Kabuga Felicien byavugwaga ko ryabaye mu ibanga rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ibyamamare Will Smith n’umugore we bagaragaye mu ruhame bwa mbere mu mezi atandatu

Abaturanyi b’uwari wasanzwemo Ebola ahagenzurwa na AFC/M23 babwiwe uko bakwiye kumwitwaraho akiva mu Bitaro

Haravugwa iki muri Kiyovu Sports nyuma yo gucutswa n’Umujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.