• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibyamamare Will Smith n’umugore we bagaragaye mu ruhame bwa mbere mu mezi atandatu

radiotv10by radiotv10
04/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Ibyamamare Will Smith n’umugore we bagaragaye mu ruhame bwa mbere mu mezi atandatu
Share on FacebookShare on Twitter

Ibyamamare muri sinema, Will Smith n’umugore we Jada Pinkett Smith, bavuzweho kugirana ibibazo mu rushako rwabo, bagaragaye bari kumwe mu ruhame ku nshuro ya mbere mu mezi atandatu.

Will Smith w’imyaka 57 uzwi muri filimi Bad Boys, ndetse n’umugore we Jada Pinkett Smith w’imyaka 54 wamamaye Matrix, basangiye ifunguro nk’umuryango ryamaze amasaha ane i Nobu Malibu, aho bivugwa ko bariho baganira ku by’urushako rwabo.

Aba bombi bari kumwe n’umuhungu wabo Jaden w’imyaka 27, hamwe n’umuhungu wa Will, Trey w’imyaka 33, kuva yashyingiranwa bwa mbere na Sheree Zampino w’imyaka 58. Nyina wa Smith w’imyaka 89, Caroline, na we yari yitabiriye.

Pinkett yari yambaye ikoti rirerire ry’umukara n’ijipo ya Louis Vuitton. Yari anateze igitambaro cy’umukara mu mutwe kandi yitwaje isakoshi nini.

Uyu mukinnyikazi wa filimi waherukaga kugaragara mu ruhame ari kumwe n’umugabo we muri Mutarama, yari anambaye amaherena manini y’uruziga ndetse n’imikufi ibiri mu gatuza.

Will Smith n’umugore we bagarutsweho cyane ubwo uyu mugabo yakubitaga urushyi umunyarwenya rurangiranwa Chris Rock ubwo habaga ibirori byo gutanga bihembo bya Oscars byo muri 2022. Icyo gihe yamukubise urushyi amuziza gutera urwenya ku mugore we kubera uburyo yari yarogoshe umusatsi yarawumazeho.

Uko Jada Pinkett Smith yari yambaye
Umugabo we Will Smith na we ni uko yari yambaye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Somalia: Urasaku rw’amasasu rwumvikanye hafi y’umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru rwazamuye ubwoba

Next Post

Haravugwa iki muri Kiyovu Sports nyuma yo gucutswa n’Umujyi wa Kigali

Related Posts

The benefits of spending one day offline

The benefits of spending one day offline

by radiotv10
04/06/2026
0

In today's world, being connected all the time feels normal. From checking messages and scrolling through social media to watching...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Next Post
Haravugwa iki muri Kiyovu Sports nyuma yo gucutswa n’Umujyi wa Kigali

Haravugwa iki muri Kiyovu Sports nyuma yo gucutswa n'Umujyi wa Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe amahoteri ane mu Rwanda yafunzwe by’agateganyo n’impamvu

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

Ibitero by’indege z’intambara mu rugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC byakajije umurego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.