• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Resitora ya Tic Tac iri mu zizwi muri Kigali yafashwe n’inkongi y’umuriro ufite imbaraga

radiotv10by radiotv10
05/06/2026
in MU RWANDA
0
Resitora ya Tic Tac iri mu zizwi muri Kigali yafashwe n’inkongi y’umuriro ufite imbaraga
Share on FacebookShare on Twitter

Inyubako ya Resitora izwi nka Tic Tac Foods Boutique Hotel iherereye mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro ikomeye yangiza ibikoresho byinshi.

Iyi nkongi yadutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Kamena 2026 yari ifite imbaraga, gusa nta muntu wahagiriye ibibazo ngo ahasige ubuzima cyangwa ngo akomereke.

Uwageze kuri iyi Resitora nyuma yo kwibasirwa n’inkongi y’umuriro, yavuze ko yangije ibikoresho binyuranye byayo, birimo intebe zo kwicaraho, ibikoresho by’umuziki byari birimo, ndetse n’ibindi by’inyubako.

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya inkongi, ryihutiye kuzimya iyi yari yibasiye inyubako z’iyi Resitora, ariko umuriro wari wamaze gukwira mu bice byinshi kuko wari ufite imbaraga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yatangaje ko iyi nkongi yaturutse ku bikorwa byo gusudira byariho bikorerwa mu gice cy’akabyiniro k’iyi resitora, kuko ibishashi byatarutse bikagwa mu ntebe, bigahita bivamo iyi nkongi y’umuriro.

Yagize ati “Inkongi yafashe igice gikorerwamo ibikorwa bijyendanye n’akabyiniro. Barimo basudira ibishashi biraturika bigwa ku ntebe yari hafi aho inkongi itangira uko.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko ubutabazi bwakozwe n’Ishami rya Polisi rishinzwe kuzimya inkongi ku bufatanye n’izindi nzego, bwatumye uyu muriro udakwirakwira mu bice byose by’iyi resitora.

Yavuze ko kugeza ubu “ibyangiritse ntibiraburwa” ariko ko harimo intebe, Plafond n’igisenge cy’igice cy’iyo nyubako n’ibikoresho bikoreshwa mu muziki na sound proof.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali yaboneyeho gusaba abantu basana cyangwa bagura inyubako, bisaba gukora ibikorwa nka biriya byo gusudira, kujya babikorana ubushishozi buhagije kugira ngo birinde impanuka nk’izi z’inkongi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 1 =

Previous Post

Perezida wa Ukraine yashyize ahagaragara ibaruwa ikubiyemo icyifuzo yagene Putin w’u Burusiya

Related Posts

Ubutumwa bwa Muzehe Tito Rutaremara busobanura ibyo yatangaje ku Mana bikazamura impaka ndende

Ubutumwa bwa Muzehe Tito Rutaremara busobanura ibyo yatangaje ku Mana bikazamura impaka ndende

by radiotv10
05/06/2026
0

Umuyobozi w'Urwego Ngishwanama rw'Inararibonye, Hon. Tito Rutaremara yasubije abakomeje kumunengera ubutumwa aherutse gutangaza asaba abantu kutazajya bazana Imana mu bintu...

Abayobozi ba Nyamagabe bahawe impanuro ku cyo bakora ngo Akarere kabo kave ku mwanya wa nyuma

Abayobozi ba Nyamagabe bahawe impanuro ku cyo bakora ngo Akarere kabo kave ku mwanya wa nyuma

by radiotv10
05/06/2026
0

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, yibukije Abayobozi ba Nyamagabe ko Akarere bayoboye kaje ku mwanya wa nyuma mu gukura abaturage...

Why your salary disappears faster than you expected

Why your salary disappears faster than you expected

by radiotv10
05/06/2026
0

You get paid and, for a brief moment, it feels like everything is finally under control. Plans start forming in...

Hatangajwe amahoteri ane mu Rwanda yafunzwe by’agateganyo n’impamvu

Hatangajwe amahoteri ane mu Rwanda yafunzwe by’agateganyo n’impamvu

by radiotv10
04/06/2026
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje ibigo by’ubucuruzi bine byakira abantu, byafunzwe by’agateganyo kubera kutuzuza ibisabwa mu rwego rw’ubukerarugendo...

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

by radiotv10
04/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA, buratangaza ko Abanyarwanda miliyoni 4,4 bamaze kwiyandikisha no kwifotoza ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga. Byatangajwe...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Resitora ya Tic Tac iri mu zizwi muri Kigali yafashwe n’inkongi y’umuriro ufite imbaraga

Perezida wa Ukraine yashyize ahagaragara ibaruwa ikubiyemo icyifuzo yagene Putin w’u Burusiya

Ubutumwa bwa Muzehe Tito Rutaremara busobanura ibyo yatangaje ku Mana bikazamura impaka ndende

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.