• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Umutingito ufite imbaraga wibasiye Igihugu cya Philippines hatangwa umuburo w’igishobora gukurikira

radiotv10by radiotv10
08/06/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
BREAKING: Umutingito ufite imbaraga wibasiye Igihugu cya Philippines hatangwa umuburo w’igishobora gukurikira
Share on FacebookShare on Twitter

Umutingito uri ku gipimo cya 7.8 wibasiye ibice byo mu majyepfo ya Philippines, bituma habaho umuburo ko hashobora kwaduka inkubi z’umuyaga wo mu nyanja (Tsunami) zishobora kwibasira ibice bimwe na bimwe byo ku nkombe muri kariya gace.

Amakuru avuga ko uyu mutingito wumvukanye mu gitonco cya kare kuri uyu wa Mbere, wahitanye abantu batatu bamaze kumenyekana, unangiza byinshi, birimo inzu zasenyutse.

Master Sergeant Robert Dagon wa Polisi Nkuru y’Umujyi wa Santos yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafasansa ati “Inyubako nyinshi zagizweho ingaruka, sinabasha kumenya umubare wazo aka kace kuko duhugiye mu bikorwa byo gutabara abagizweho ingaruka.”

Ibiro bishinzwe umutekano wa gisivile muri Philippines byaburiye abantu kwirinda kwinjira mu ngo zangiritse cyangwa mu bindi bikorwa remezo kuko hari impungenge ko hashobora kuba indi mitingito

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza intubako ziri gusenyuka, ndetse n’abantu bamwe bari hanze mu mbuga, bicaye bigaragara ko hari ku a umutingito.

Kugeza ubu habarwa abantu bane bahitanywe n’uyu mutingito nk’uko byatangajwe na polisi yo muri aka karere muri iki gitondo.

Muri Davao del Sur, igice cy’ishuri ryisumbuye cyaguye ubwo abanyeshuri bateraniraga hanze, aho aba banyeshuri bari bahinze umushyitsi, bigaragara ko bari kugenda bizunguza ubwo uyu mutingito wari uri kuba.

Ikigo gishinzwe iby’ibirunga n’imitingito muri Philippines, kivuga ko uyu mutingito watangiriye ku bilometero 13 mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’Umujyi Mukuru wa Santos hafi kugice cyo kirwa cya Mindanao kandi ufite ubujyakuzimu bw’ibilometero 10, aho watangiye ku isaga ya saa moya na mirongo itatu n’irindwi 07:37’ za mu gitondo muri kiriya Gihugu.

Ikigo cy’Abanyamerika US Geological Survey (USGS) cyashyize uyu mutingito ku gipimo cya 7.8 ndetse n’umuvuduka w’ubujyakuzima wa 55.2km.

Ikigo gishinzwe gutanga umuburo ku nkubi z’imiyaga yo mu nyanja ‘Pacific Tsunami Warning Center’ cyatangaje ko Tsunami igera kuri metero 3 ishobora kwaduka ku bice bimwe na bimwe byo ku nkombe muri Philippines, ndetse n’igera kuri metero imwe mu bice nka biriya muri Indonesia na Malaysia

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 18 =

Previous Post

Why Sunday Should Feel Different from Saturday

Next Post

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

Related Posts

Perezida wa Ukraine yashyize ahagaragara ibaruwa ikubiyemo icyifuzo yagene Putin w’u Burusiya

Perezida wa Ukraine yashyize ahagaragara ibaruwa ikubiyemo icyifuzo yagene Putin w’u Burusiya

by radiotv10
05/06/2026
0

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskiy, yashyize ahagaragara ibaruwa ifunguye yageneye Perezida w'u Burusiya, Vladimir Putin, amusaba guhura bakagirana ibiganiro bigamije...

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

AFC/M23 yamaganiye kure ibikubiye mu itangazo rya FARDC ryayegetseho ibirego by’ibinyoma

by radiotv10
05/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganiye kure ibirego by’ibinyoma biri mu itangazo ry’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) birishinja kwica abaturage...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza abona iki Gihugu kiri mu bihe by’akaga bitigeze bibaho mbere

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza abona iki Gihugu kiri mu bihe by’akaga bitigeze bibaho mbere

by radiotv10
05/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza, yavuze ko muri iki gihe iki Gihugu kiri mu bihe bishobora kukiviramo ibyago bikomeye kurusha...

Ibitero by’indege z’intambara mu rugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC byakajije umurego

Ibitero by’indege z’intambara mu rugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC byakajije umurego

by radiotv10
04/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga uruhande bahaganye mu mirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwongereye imbaraga mu bitero rukoreshamo...

Inteko ya America yafashe icyemezo gishobora kugabanyiriza Perezida Trump ububasha mu ntambara ya Iran

Inteko ya America yafashe icyemezo gishobora kugabanyiriza Perezida Trump ububasha mu ntambara ya Iran

by radiotv10
04/06/2026
0

Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America yatoye ingingo yo kugabanyiriza Perezida Donald Trump ububasha mu gukomeza gukora...

Next Post
Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Senateri Prof.Dusingizemungu abona amateka y’u Rwanda akwiye kwigishwa nk’isomo ryihariye mu makaminuza

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

BREAKING: Umutingito ufite imbaraga wibasiye Igihugu cya Philippines hatangwa umuburo w’igishobora gukurikira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.