Abaturage bo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu bafite ubutaka ahiswe mu masite mu Kagari ka Bisizi, bavuga ko batewe inzara n’ubukene nyuma yuko Akarere gatwaye ibyangombwa byabo, kabizeza ko mu mezi ane bazabona uburenganzira bwo kubaka, none amezi abaye umunani nta kirakorwa.
Ni abaturage bafite ubutaka mu Mudugudu wa Gisangani, akagari ka Bisizi mu murenge wa Nyakiriba w’akarere ka Rubavu. Aba bavuga ko mu kwezi kwa 10 umwaka ushize wa 2025, ubuyobozi bwababwiye ko ubwo butaka bwabo bugiye gukatwaho amasite mu rwego rwo kugira ngo bace ukubiri n’imyubakire mibi, maze ngo bizezwa ko mu mezi ane gusa bizaba byatunganye. None ngo amezi amaze kuba umunani bategereje. Bakavuga ko uko gutinda kubagiraho ingaruka zikomeye.
Mbarushimana Mathias yagize ati “Ikibazo cyacu cyatangiye umwaka ushize mu kwa 10, batwaye ibyangombwa by’ubutaka bwacu batubwira ko mu mezi ane bazaduha uburenganzira bwo kubaka ku butaka bwacu. Ubu amezi umunani arashize dutegereje, ibyangombwa byacu nta makuru afatika twigeze duhabwa! Ubu ntiwagurisha, ntiwafata inguzanyo muri SACCO.”
Munyakazi Faustin ati “Iki kibazo cyatugizeho ingaruka zikomeye kuko hari abari bafite imishinga yo kubaka no guteza imbere imiryango yabo. Nkanjye ndi umufundi, akazi karabuze kuko ntawe ucyubaka. Ubu inzara itumereye nabi kubera iyo mpamvu yo guhagarika kubaka.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiriba, Tuyishime Jean Bosco, avuga ko gutunganya site bisaba igihe ariko ko byatangiye, bityo rero ko badakwiye kugira impungenge.
Yagize ati “Igikorwa cyo gutunganya site ni igikorwa gisaba igihe n’inzego zitandukanye kugira ngo gikorwe neza. Turasaba abaturage gukomeza kwihangana kuko ibikorwa byaratangiye kandi ubuyobozi buri gukurikirana ko birangira abaturage bakabona uburenganzira bwo gukoresha no kubaka ku butaka bwabo mu buryo bwemewe.”
Mu gihe aba baturage bavuga ko gutinda gutunganywa kw’iyi site byabangamiye imishinga bari bafite, bityo bikabateza igihombo n’ubukene, ubuyobozi bw’umurenge wa Nyakiriba bwo buvuga ko kuba ibikorwa byo gutunganya iyi site byaratangiye ari ikimenyetso ko ubuyobozi buticaye, bityo ko abaturage bakwiye gukomeza kwihangana igikorwa cyo kuyitunganya kikarangira.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10






