• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abandi banyamahanga bavugwaho urugomo mu Rwanda bari mu maboko ya Polisi

radiotv10by radiotv10
08/06/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamahanga umunani bakekwaho gukorera urugomo umumotari mu Karere ka Musanze, bari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ivuga ko nibahamwa n’ibyo bashinjwa bazahanishwa ibihano biteganywa n’amategeko birimo no gusubizwa iwabo.

Amashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga, yerekana abantu bari guterana amabuye, aho bivugwa ko ari urugomo rwakozwe n’abanyamahanga.

Amakuru avuga ko abo banyamahanga bakomoka muri Sudani, bakoreye urugomo umumotari, rwabereye ahari amacumbi ya Kaminuza ya INES-Ruhengeri mu Karere ka Musanze, mu cyumweru gishize ku wa Gatandatu tariki 06 Kamena 2026.

Uru rugomo rwabaye ubwo umumotari yatwaraga umwe muri abo banyamahanga, yamugeza aho yari agiye akanga kumwishyura, ahubwo agafatanya na bagenzi be kumuhohotera.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police (CIP) Ngirabakunzi Ignace yatangaje ko nyuma y’uru rugomo, hafashwe abantu umunani b’igitsinagabo b’abanyamahanga.

CIP Ngirabakunzi avuga ko nyuma yuko aba banyamahanga batawe muri yombi, hari gukorwa iperereza, ku buryo aba bantu nibahamwa n’ibyo bakekwaho, bazahanishwa ibiteganywa n’amategeko.

Yagize ati “Bazafatirwa ibihano uko amategeko abiteganya, birimo no kuba basubizwa iwabo.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru avuga kandi ko uru rwego rudashobora kwihanganira urugomo uwaba arukora wese, ndetse ko nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko mu Rwanda. Ati “Nta na rimwe uwo ari we wese ukora urugomo, azihanganirwa.”

Si rimwe cyangwa kabiri humvikanye urugomo nk’uru rukorwa n’abanyamahanga byumwihariko bakorera abamotari banze kubishyura amafaranga y’ingendo.

Mu kwezi k’Ukwakira umwaka ushize wa 2025, Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga muri UNILAK bakubise bakanakomeretsa abamotari babiri.

Icyo gihe kandi Polisi yaboneyeho kumenyesha ko mu gihe cy’amezi 12 yari ashize, hagagaragaye abanyamahanga 240 bakekwaho ibyaha bifitanye isano n’iki kibazo cy’urugomo, birimo gukubita no gukomeretsa ndetse n‘ubujura.

Nanone kandi Polisi y’u Rwanda yavuze ko muri abo banyamahanga bafashwe bakekwaho ibyo byaha, harimo 64 basubijwe mu Bihugu baturukamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

Related Posts

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

by radiotv10
08/06/2026
0

Abayobozi b’ibigo by’amashuli bo mu karere ka Rubavu ndeste n’ubuyobozi bw’aka karere baravuga ko bagiye kwigira ku kigo cya GS...

Rubavu: Barashinja inzego kubateza ubukene nyuma yo kwakwa ibyangombwa by’ubutaka none amezi 8 arihiritse

Rubavu: Barashinja inzego kubateza ubukene nyuma yo kwakwa ibyangombwa by’ubutaka none amezi 8 arihiritse

by radiotv10
08/06/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu bafite ubutaka ahiswe mu masite mu Kagari ka Bisizi, bavuga...

Senateri Prof.Dusingizemungu abona amateka y’u Rwanda akwiye kwigishwa nk’isomo ryihariye mu makaminuza

Senateri Prof.Dusingizemungu abona amateka y’u Rwanda akwiye kwigishwa nk’isomo ryihariye mu makaminuza

by radiotv10
08/06/2026
0

Senateri Prof. Jean Pierre Dusingizemungu yavuze ko amateka y’u Rwanda akwiye kwigishwa nk’isomo ryihariye kandi rigahabwa umwanya uhagije mu mashuri...

The relationship between how you eat and how you feel

The relationship between how you eat and how you feel

by radiotv10
08/06/2026
0

Most people think of food as something that only affects the body, something that gives energy, fills the stomach, or...

Why Sunday Should Feel Different from Saturday

Why Sunday Should Feel Different from Saturday

by radiotv10
07/06/2026
0

For many people, weekends seem like one long break. Saturday and Sunday often blend together, filled with similar activities such...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abandi banyamahanga bavugwaho urugomo mu Rwanda bari mu maboko ya Polisi

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yababajwe n’urupfu rw’umukinnyi w’ikinamico banakinanye witabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.