• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abatega bisi mu Mujyi wa Kigali bagarukanye amashimwe nyuma y’amezi atandatu hashyizwemo impinduka zifatika

radiotv10by radiotv10
09/06/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze
Share on FacebookShare on Twitter

Abatega imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko amavugurura yashyizwemo, yagize akamaro gakomeye kuko yabaruhuye byinshi byababangamiraga, birimo kumara umwanya munini muri za Gare bategereje bisi, ubu bakaba basigaye bagerera ku gihe aho berecyeje.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare igaragaza ko abagera kuri 25,8% mu Mujyi wa Kigali bajya mu kazi bakoresheje bisi na moto. Icyakora, mu myaka yashize abakora ingendo mu modoka rusange ntibahwemye kugaragaza ko batorohewe bitewe n’uburyo wasangaga umuntu ashobora kumara amasaha abiri ategereje imodoka atayibona.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 28 Ugushyingo 2025 ni yo yemeje uburyo bushya bwo gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali bwari bwitezweho gukemura icyo kibazo. Nyuma yaho gato ni bwo hashinzwe Ikigo cya Leta gishinzwe imikorere y’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange (Ecofleet Solutions), ndetse ubu amezi abaye atandatu icyo kigo gihinduye uburyo ingendo rusange mu Mujyi wa Kigali zikorwa.

Bamwe mu bakora ingendo muri izo modoka rusange bavuga impinduka babona zimaze kubaho muri ayo mezi atandatu.

Mukanyandwi Rachel ni umugenzi twasanze muri gare ya Downtown, avuga ko igihe bamaraga bategereje ko imodoka zigenda cyagabanyutse.

Yagize ati “Imodoka mbere umuntu yayicaragamo akarambirwa, ikaba yamara nk’isaha igihagaze, ariko aho babihinduriye, ubu tuba tuyirimo turi nk’abantu 20, ukabona ihagurutse igihe, noneho umuntu atararambirwa.”

Naho Bigirimana François we yavuze ko batakibapakira mu modoka ari benshi nk’uko byagendaga kera.

Yagize ati “Mbere byari bihagaze nabi cyane, bapakiraga abantu benshi mu modoka nk’abapakira ibirayi, ariko ubu ngubu ubona byaragabanutse.”

Hagenimana Simeon na we ukoresha imodoka rusange avuga ko atakimara umwanya muremure ku cyapa ategereje bisi.

Yagize ati “Mbere wavaga mu rugo saa kumi n’ebyiri n’igice uri bugere nko mu kazi saa moya, wagera ku cyapa nka saa kumi n’ebyiri n’iminota mirongo ine imodoka igatinda kuza, icyo gihe akazi karapfaga. Ariko ubu ugera ku cyapa nyuma y’iminota itari myinshi imodoka ikakugeraho, bigatuma ugera mu kazi kare.”

Ikigo cya Leta gishinzwe imikorere y’imodoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange (Ecofleet Solutions) kivuga ko mu mezi atandatu bamaze na bo babonye impinduka byazanye, cyane ku kijyanye no kuba abantu batakimara umwanya munini bategereje imodoka.

Oswald Abenawe, Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Ecofleet Solutions, yagize ati “Cyane ku kijyanye no gukurikiza igihe ni ikintu twishimira cyane ko cyashyizwe mu bikorwa. Imbogamizi yego ziracyarimo, hari igihe ushobora gutegereza ko imodoka ihaguruka mu minota itanu, ariko ugasanga imaze iminota umunani cyangwa se icumi. Ibyo biterwa n’ibibazo wenda navuga ko bitari byakemuka uyu munsi, ariko ubundi imodoka iba igomba kubahiriza igihe.”

Oswald Abenawe akomeza agaragaza ko ahakigaragara imbogamizi na ho zizakomeza kugenda zikosorwa.

Yagize ati “Tumaze amezi atandatu gusa turimo gukora. Icyo twakizeza abatega imodoka rusange ni uko hari byinshi bizakomeza kugenda bihinduka, bizarushaho kuba byiza hagamijwe gutanga serivisi nziza ku batega imodoka rusange.”

Nyuma y’ingamba Leta yafashe zigamije koroshya ingendo, umubare w’abantu bakoresha bisi zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange wiyongereyeho 15%.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Colonel mu gisirikare cya Congo yakatiwe igihano cy’urupfu

Next Post

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

Related Posts

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

by radiotv10
09/06/2026
0

Umugabo w’imyaka 54 wo mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, akurikiranyweho kwica mushiki w’imyaka 66 bapfa amakimbirane ashingiye...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

by radiotv10
09/06/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yemeje ishyirwaho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano AI (Artificial Intelligence) cyitezweho guteza imbere ubu bwenge hibandwa ku...

Uburinganire mu Ngabo z’u Rwanda buri kuganirwaho hagati y’abasirikare b’abagore n’abagabo

Uburinganire mu Ngabo z’u Rwanda buri kuganirwaho hagati y’abasirikare b’abagore n’abagabo

by radiotv10
09/06/2026
0

Abofisiye n’abandi basirikare mu Ngabo z’u Rwanda b’abagore n’abagabo, bahuriye mu mwiherero w’iminsi itatu, ugamije kurebera hamwe iyubahirizwa ry’Ihame ry’Uburinganire...

Eng.-Key things to know about Rwanda’s newly established National Artificial Intelligence Agency

Eng.-Key things to know about Rwanda’s newly established National Artificial Intelligence Agency

by radiotv10
09/06/2026
0

The Cabinet has approved the establishment of the National Artificial Intelligence Agency, which is expected to advance AI development and...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Abandi banyamahanga bavugwaho urugomo mu Rwanda bari mu maboko ya Polisi

by radiotv10
08/06/2026
0

Abanyamahanga umunani bakekwaho gukorera urugomo umumotari mu Karere ka Musanze, bari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ivuga ko nibahamwa...

Next Post
Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzi Yampano yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Hagaragajwe ibisobanuro bitangwa n’umugabo ukurikiranyweho kwicisha isuka mushiki we amusanze mu murima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.