Umugabo w’imyaka 54 wo mu Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, akurikiranyweho kwica mushiki w’imyaka 66 bapfa amakimbirane ashingiye ku mitungo, aho yamukubise isuka amusanze mu murima yaragijwe na mukuru we ari guhinga, abanje kumubaza impamvu yaje kuwuhinga.
Uyu mugabo ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, akekwaho gukora iki cyaha tariki 16 Gicurasi 2026.
Ni icyaha cyabereye mu Mudugudu wa Nyabisindu, Akagari ka Mutara, Umurenge wa Mwendo, mu Karere ka Ruhango ubwo uregwa yasangaga mushiki we mu murima ari guhinga.
Ubushinjacyaha buvuga ko mu ibazwa ry’uregwa “avuga ko yamanutse afite isuka agiye guhinga, akabona mushiki we arimo guhinga isambu ya mukuru we yari yaramuragije, agenda amusanga, amubaza impamvu yaje guhinga uwo murima kandi ari we bawuhaye.”
Ubushinjacyaha bukomeza vuga ko uregwa “Asobanura ko nyuma yaho, nta kindi nyakwigendera aramusubiza, yahise amukubita isuka inshuro ebyiri mu mutwe agahita apfa. Uregwa yemera icyaha akurikiranyweho kandi akagisabira imbabazi.”
Abaturanyi babo bavuga ko nyakwigendera n’uregwa bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo kandi ko hashije ibyumweru bibiri babagabanyije imirima.
Icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake uregwa akurikiranyweho kiramutse kimuhamye yahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu nk’uko biteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange nk’uko ryavuguruwe kugeza ubu.
RADIOTV10






