• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyigaragambyo muri Kenya yakajije umurego bamwe batangira no kuyisigamo ubuzima

radiotv10by radiotv10
10/06/2026
in AMAHANGA
0
Imyigaragambyo muri Kenya yakajije umurego bamwe batangira no kuyisigamo ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu babiri bishwe barashwe mu mujyi wa Nanyuki muri Kenya mu gihe habaga imyigaragambyo yamaganaga umugambi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wo gushyiraho ikigo cyo kuvuriramo abarwayi ba Ebola hafi y’ikigo cya gisirikare cya Laikipia Air Base.

Umwe mu bapfuye wamenyekanye nuwitwa Charles Mang’aro Mwangi w’imyaka 27. Ndetse Umuryango we uvuga ko atari mu bigaragambyaga, ahubwo yarashwe ari mu mirimo ye isanzwe. Undi muntu yapfuye na we yajyanywe kwa muganga yamaze kwitaba Imana, ariko uburyo yishwemo ntiburamenyekana neza.

Ku wa Mbere taliki ya 08 kamena abaturage amagana bakoze imyigaragambyo mu mihanda ya Nanyuki, batwika amapine banahagarika urujya n’uruza, mu gihe polisi yakoresheje ibyuka biryana mu maso kugira ngo ibatatanye.

Iyi myigaragambyo yatewe n’impungenge z’abaturage ku mushinga wa Amerika wo kubaka ikigo kizajya cyita ku baturage bayo bashobora kwandurira Ebola muri Repubulika ya Demokarasi ya congo.

Ubuyobozi bwa Amerika buvuga ko Kenya yatoranyijwe kubera ko iri hafi y’aho icyorezo kiri kandi ikaba yorohereza gutanga ubuvuzi bwihuse.

Kugeza ubu, inzego z’umutekano ntiziratangaza ibisobanuro birambuye ku rupfu rw’abo bantu babiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Rusizi: Abangirijwe imyaka mu ikorwa ry’umuhanda Rusizi-Bugarama bafite impungenge ku ngurane

Next Post

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

Related Posts

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

by radiotv10
10/06/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za America, bwavuze ko bwangiye Umusifuzi w’Umunya-Somalia kwinjira muri iki Gihugu ku mpamvu z’impungenge z’umutekano...

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Tshisekedi banahatanye mu matora yamugiriye inama ku gushaka kugumana ubutegetsi

by radiotv10
09/06/2026
0

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko uyu Mukuru...

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

Iran irashinja America no kuyitambika mu mikino y’Igikombe cy’Isi

by radiotv10
09/06/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Iran rivuga ko Leta Zunze Ubumwe za America zakuyeho uburyo bwo kubona amatike y'imikino y'igikombe cy'isi...

Colonel mu gisirikare cya Congo yakatiwe igihano cy’urupfu

Colonel mu gisirikare cya Congo yakatiwe igihano cy’urupfu

by radiotv10
09/06/2026
0

Umusirikare ufite ipeti rya Colonel mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakatiwe igihano cy’urupfu, ahamijwe kugira uruhare mu...

Uganda yasabwe kongera gusuzumana ubushishozi icyemezo yafashe cyo gufunga umupaka uyiguza na Congo

Uganda yasabwe kongera gusuzumana ubushishozi icyemezo yafashe cyo gufunga umupaka uyiguza na Congo

by radiotv10
09/06/2026
0

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasabye Uganda kongera gusuzuma icyemezo cyo gufunga...

Next Post
APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w'Umunya-Chad

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

America yatanze umucyo ku cyemezo cyayo cyateje impaka cyo kwangira umusifuzi w’Umunyafurika kwinjirayo

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.