• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hibukijwe imyitwarire igomba kuranga abitabira amaburanisha mu Nkiko zo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/06/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hibukijwe imyitwarire igomba kuranga abitabira amaburanisha mu Nkiko zo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yibukije abitabira amaburanisha y’imanza ziburanishwa n’Inkiko zinyuranye mu Rwanda, ko bagomba kurangwa n’imyitwarire iboneye irimo kugira ikinyabupfura no kwirinda guteza icyugazi Inteko iburanisha.

Aya mabwiriza akubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kamena 2026.

Iri tangazo rigenewe abitabira amaburanisha y’imanza, rivuga ko aya mabwiriza agamije kubungabunga umutekano ugomba kuba mu Rukiko, no kubahiriza uburenganzira n’ubwisanzure by’ababuranyi.

Aya mabwiriza ashingiye ku Itegeko rigena imitunganyirize n’imikorere y’Ubutegetsi bw’Ubucamanza n’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi.

Iri tangazo rivuga ko “Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga arasaba abitabira iburanisha ry’imanza kubahiriza ibi bikurikira, ko bagomba “Kwitwara neza, bigaragazwa no kugira ikinyabupfura n’ituze igihe bari mu mbibi z’Urukiko, mu cyumba cy’iburanisha, n’ahandi hose Urukiko ruburanishiriza.”

Nanone kandi abitabira amaburanisha, bagomba “Kwirinda gutera icyugazi Inteko iburanisha, ababuranyi n’abashinzwe umutekano wabo.”

Bagomba kandi “Guha inzira ababuranyi n’imodoka zibazana ku Rukiko igihe zigeze mu mbibi z’Urukiko; Kudafata amajwi n’amafoto by’ababuranyi igihe bari mu mbibi z’Urukiko, mu cyumba

cy’iburanisha, n’ahandi hose Urukiko ruburanishiriza, bitatangiwe uburenganzira na Perezida w’Urukiko.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa kandi yasabye abantu bitabira amaburanisha kubahiriza uburenganzira bw’ababuranyi badashaka gufatwa amajwi n’amafoto.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Domitilla Mukantaganzwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + ten =

Previous Post

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

Next Post

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Related Posts

Urubyiruko rwibukijwe akamaro ko gutangira kuzigama no gushora imari mu isoko ry’imari n’imigabane hakiri kare

Urubyiruko rwibukijwe akamaro ko gutangira kuzigama no gushora imari mu isoko ry’imari n’imigabane hakiri kare

by radiotv10
10/06/2026
0

Urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri za kaminuza n’amashuri makuru, abayobozi b’ibigo by’imari ndetse n’abafatanyabikorwa mu rwego rw’iterambere ry’isoko ry’imari bahuriye mu...

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

by radiotv10
10/06/2026
0

Umugabo wo mu murenge wa Nyakarenzo bivugwa ko yari asanzwe ajyana amakara muri repuburika iharanira demokarasi ya Congo yabonywe mu...

Abaturiye umuhanda wagaragayemo umurambo w’umugabo bakeka ko yishwe

Abaturiye umuhanda wagaragayemo umurambo w’umugabo bakeka ko yishwe

by radiotv10
10/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, ahagaragaye umurambo w’umugabo wari mu muhanda Huye-Kigali, baravuga...

Rusizi: Abangirijwe imyaka mu ikorwa ry’umuhanda Rusizi-Bugarama bafite impungenge ku ngurane

Rusizi: Abangirijwe imyaka mu ikorwa ry’umuhanda Rusizi-Bugarama bafite impungenge ku ngurane

by radiotv10
10/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Bugarama bafite imitungo yangijwe n’ikorwa ry’umuhanda wa Rusizi-Bugarama baravuga ko bafite impungenge zo...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Kigo cy’Igihugu gishya kigiye gushyirwaho mu Rwanda cy’Ubwenge Buhangano

by radiotv10
09/06/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yemeje ishyirwaho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano AI (Artificial Intelligence) cyitezweho guteza imbere ubu bwenge hibandwa ku...

Next Post
Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Rusizi: Uwajyaga muri Congo mu buryo butemewe yabonywe yarapfuye nyuma y’iminsi ine ashakishwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Urubyiruko rwibukijwe akamaro ko gutangira kuzigama no gushora imari mu isoko ry’imari n’imigabane hakiri kare

AFC/M23 yamaganiye kure raporo ya HRW yongeye no kuzamo ibinyoma ku Ngabo z’u Rwanda

Umupilote yatahuweho kumara imyaka 17 atwara indege atagira uruhushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.