• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uko byifashe mbere gato y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi gitegerejwe na benshi

radiotv10by radiotv10
11/06/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uko byifashe mbere gato y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi gitegerejwe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Imyiteguro yose yamaze kurangira muri Mexique mu gihe abakunzi b’umupira w’amaguru ku isi yose bategereje umukino wo gufungura Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026 uteganyijwe kuri uyu wa Kane, tariki 11 Kamena 2026.

Mexique, kimwe mu bihugu bitatu byakiriye iri rushanwa hamwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Canada, iratangira ihura na Afurika y’Epfo kuri Stade Azteca yo mu mujyi wa Mexico City.

Perezida wa Mexique, Claudia Sheinbaum, yatangaje ko imyiteguro yose imeze neza kandi ko ibintu byose biri kugenda nk’uko byateganyijwe.

Icyakora, yavuze ko imyigaragambyo y’abarimu ikomeje muri Mexico City ishobora gutuma ikibuga rusange cya Zocalo, cyari giteganyijwe kwakirirwamo abafana, kitabasha gukoreshwa nk’uko byari byateganyijwe.

Igikombe cy’Isi cya 2026 ni cyo cya mbere kizitabirwa n’amakipe 48, kizakinirwa muri stade 16 zitandukanye, hakazakinwa imikino 104 mu gihe cy’iminsi 39.

Ku ruhande rwa Amerika, Perezida Donald Trump yavuze ko iri rushanwa rizaba rimwe mu marushanwa akomeye kandi adasanzwe yabayeho mu mateka y’umupira w’amaguru.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Washington ku wa Gatatu, Trump yavuze ko yagiranye ibiganiro na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Trump yavuze ko Infantino yamubwiye ko iri rushanwa ryamaze kwandika amateka mashya mu kugurisha amatike.

Yagize ati: “Ni Igikombe cy’Isi kizagenda neza kurusha ibindi byose. Nta na rimwe amatike yari yarigeze agurishwa ku rwego nk’uru kandi mu gihe gito nk’iki.”

Icyakora, ubuyobozi bwa Trump bukomeje kunengwa kubera politiki yabwo ikakaye ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka, ibintu bamwe mu bafana n’abakinnyi baturuka mu mahanga bavuga ko bituma bumva batakiriwe neza muri Amerika.

Abajijwe ku mbogamizi ziri ku bantu bashaka kwinjira muri Amerika, Trump yavuze ko ubuyobozi bwe buri gukora ibishoboka byose kugira ngo abemerewe kwinjira babikore mu buryo bukwiye.

Muri iyi minsi, umusifuzi w’Umunya-Somalia Omar Artan wari waratoranyijwe gusifura imikino y’Igikombe cy’Isi yangiwe kwinjira muri Amerika, mu gihe hari n’amakuru avuga ko ikipe ya Sénégal yahuye n’igenzura rikomeye ry’umutekano.

Hari kandi abakomeje kunenga FIFA kubera ibiciro biri hejuru cyane by’amatike y’iri rushanwa.

Mu mikino iteganyijwe kuri uyu wa Kane, Mexique irahabwa amahirwe menshi yo gutsinda Afurika y’Epfo mu mukino uzabera muri Mexico City.

Undi mukino wo muri uwo munsi uzahuza Koreya y’Epfo na Repubulika ya Czech mu mujyi wa Guadalajara. Aya makipe yose uko ari ane abarizwa mu Itsinda rya A.

Ku wa Gatanu, Canada na Amerika na zo zizakina imikino yazo ya mbere. Canada izahura na Bosnia-Herzegovina i Toronto, mu gihe Amerika izakina na Paraguay mu mujyi wa Inglewood muri California.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Menya Abaminisitiri bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda n’izindi mpinduka zakozwe

Next Post

Breaking: Iran yatangaje ifungwa ryuzuye rya Hormuz nyuma yo gushotorwa na America

Related Posts

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

APR FC yasinyishije abakinnyi babiri, Rayon yinjiza myugariro w’Umunya-Chad

by radiotv10
10/06/2026
0

Amakipe yo mu Rwanda akomeje kugura abakinnyi ku isoko, aho APR FC yasinyishije Amani Kouadio Kan Michel na Madou Zon,...

Menya amakipe y’ama-Clubs azaba afite abakinnyi benshi mu cy’Isi kigiye gutangira

Menya amakipe y’ama-Clubs azaba afite abakinnyi benshi mu cy’Isi kigiye gutangira

by radiotv10
09/06/2026
0

Mu gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Amerika ya Ruguru, amakipe yo ku isi akomeje kugaragara mu mateka y’umupira w’amaguru...

Noam Fritz Emeran wakiniye Manchester United bwa mbere yagaragaye mu mwambaro w’Amavubi

Noam Fritz Emeran wakiniye Manchester United bwa mbere yagaragaye mu mwambaro w’Amavubi

by radiotv10
05/06/2026
0

Umukinnyi mpuzamahanga Noam Fritz Emeran wakiniye ikipe ya Manchester United, wahamagawe bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, yamaze kwambara...

Ikipe y’u Rwanda nyuma yo kwangirwa gukinira muri Morocco ku ‘mpamvu z’umutekano’ yageze mu Misiri

Ikipe y’u Rwanda nyuma yo kwangirwa gukinira muri Morocco ku ‘mpamvu z’umutekano’ yageze mu Misiri

by radiotv10
05/06/2026
0

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi yageze i Cairo mu Misiri ivuye muri Morocco nyuma yuko ubuyobozi bw’umupira muri kiriya Gihugu...

Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano na Skol afite agaciro gakabakaba Miliyari 1Frw

Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano na Skol afite agaciro gakabakaba Miliyari 1Frw

by radiotv10
05/06/2026
0

Rwanda Premier League itegura Shampiyona y'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, yasinyanye amasezerano y'imikoranire n'uruganda rwa Skol azamara imyaka 3, buri mwaka...

Next Post
Breaking: Iran yatangaje ifungwa ryuzuye rya Hormuz nyuma yo gushotorwa na America

Breaking: Iran yatangaje ifungwa ryuzuye rya Hormuz nyuma yo gushotorwa na America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abategura ikinamico ‘Urunana’ barasaba abantu kutitiranya ubuzima bwite bw’uwayikinagamo uherutse kwitaba Imana n’ubwo yakinaga

Umwe mu Badepite mu Nteko y’u Rwanda yeguye

Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Col.(Rtd) Ruhunga Jeannot wayoboye RIB mu bayobozi bahawe inshingano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.