• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Abategura ikinamico ‘Urunana’ barasaba abantu kutitiranya ubuzima bwite bw’uwayikinagamo uherutse kwitaba Imana n’ubwo yakinaga

radiotv10by radiotv10
11/06/2026
in IMYIDAGADURO
0
Abategura ikinamico ‘Urunana’ barasaba abantu kutitiranya ubuzima bwite bw’uwayikinagamo uherutse kwitaba Imana n’ubwo yakinaga
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umuryango Urunana Development Communication (Urunana DC) bwasabye abakunzi b’ikinamico Urunana n’itangazamakuru kutitiranye ubuzima bwa nyakwigendera Nyirabagande Drocelle Fridaus ndetse n’ubw’umuryango we n’ubuzima bwa Languida uvugwa muri iyi kinamico.

Bikubiye mu itangazo rigenewe itangazamakuru ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’uyu muryango kuri uyu wa Kane tariki 11 Kamena 2026 nyuma y’iminsi ine umwe mu bakinnyi bakinaga muri iyi kinamico nka Langwida yitabye Imana, aho yatabarutse ku Cyumweru tariki 07 Kamena.

Uyu muryango ubuga ko “Uyu mubyeyi watabarutse ubusanzwe yari umwe mu bakinnyi b’ikinamico Urunana aho yakinaga yitwa LANGWIDA.”

Muri iri tangazo, Umuryango Urunana DC uvuga ko “uboneyeho kandi kumenyesha abakunzi b’ibiganiro byawo ndetse n’itangazamakuru ko uwatabarutse, amazina ye ari Nyirabagande Drocelle Fridaus atari Langwida uvugwa mu ikinamico Urunana.”

Ugakomeza ugira uti “Ubusanzwe, ubuzima bw’uvugwa mu ikinamico (Character) buba butandukanye n’ubuzima busanzwe bw’ukina muri iyo kinamico (actor/actress).”

Uyu muryango uvuga ko ku bw’iyi mpamvu, nta muntu ukwiye kwitiranya ubuzima bwite bw’umukinamico ndetse n’ubwo akina muri iyi kinamico.

Uti “Tukaba dusaba abakunzi b’ikinamico Urunana ndetse n’itangazamakuru muri rusange kutitiranya ubuzima bwa

nyakwigendera Nyirabagande Drocelle Fridaus ndetse n’ubw’umuryango we n’ubuzima bwa Languida uvugwa muri iyo kinamico yitwa Urunana.”

Ubuyobozi bw’uyu muryango, abakozi bawe ndetse n’abakinnyi b’ikinamico Urunana, baboneyeho gukomeza kwihanganisha umuryango n’inshuti za nyakwigendera Nyirabagande Drocelle Fridaus muri ibi bihe bikomeye byo kubura uwabo bakundaga.

Nyirabagande Drocelle Fridaus
Yari umukinnyi mwiza w’ikinamico

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + twelve =

Previous Post

Umwe mu Badepite mu Nteko y’u Rwanda yeguye

Related Posts

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

by radiotv10
10/06/2026
0

Umubyeyi wa Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, avuga ko mbere yuko umuhungu we afungwa kubera gukekwaho ibyaha birimo ibifitanye isano...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzi Yampano yafatiwe icyemezo cyo gufungwa iminsi 30

by radiotv10
09/06/2026
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ukurikiranyweho ibyaha birimo...

Hakomeje kugaragazwa agahinda k’urupfu rw’umuhanzi mpuzamahanga wishwe atewe icyuma

Hakomeje kugaragazwa agahinda k’urupfu rw’umuhanzi mpuzamahanga wishwe atewe icyuma

by radiotv10
09/06/2026
0

Abahanzi n'abakunzi b'umuziki hirya no hino ku isi bakomeje kunamira no kwibuka umuhanga mu kwandika indirimbo no kuririmba, Mark Orabiyi,...

Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

Umukobwa washyizwe hanze mu mashusho y’ibiterasoni akomeje guteza impaka muri Uganda asohoye itangazo riyavugaho

by radiotv10
09/06/2026
0

Kisitu Kirabo usanzwe ari umunyamideri unazwi ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, yiseguye ku babonye amashusho ye y’urukozasoni, n’abagizweho ingaruka na...

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

Umuhanzi Nyarwanda Platini ari mu Bitaro

by radiotv10
08/06/2026
0

Umuhanzi Nemeye Platini P. arwariye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK, nyuma yo gufatwa n’uburwayi, akabanza kubusuzugura, yajya...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abategura ikinamico ‘Urunana’ barasaba abantu kutitiranya ubuzima bwite bw’uwayikinagamo uherutse kwitaba Imana n’ubwo yakinaga

Umwe mu Badepite mu Nteko y’u Rwanda yeguye

Uko byifashe mbere gato y’umukino wa mbere w’Igikombe cy’Isi gitegerejwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.