• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

radiotv10by radiotv10
18/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire muri Uganda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Bebe Cool yasibye ubutumwa yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga ashinja ubutekamutwe Mutesi Jolly wabaye Miss w’u Rwanda, avuga ko yafashe icyemezo cyo kubukuraho nyuma yo kubigirwamo inama na General Muhoozi Kainerugaba.

Kuva mu ijoro ry’umusibo ejo ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, abakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda no mu Rwanda, inkuru yari igezweho n’iy’ubutumwa Bebe Cool yari yashyizeho, ashinja ubutekamutwe Miss Jolly.

Uyu muhanzi uri mu bafite izina mu karere, wari wanashyize hanze screenshots z’ubutumwa avuga ko yandikiranye na Miss Jolly kuri Nimero akoresha mu Bwongereza, yavugaga ko yatekewe umutwe n’uyu mukobwa yitwikiriye umutaka w’u Rwanda n’Ikipe ya Arsenal.

Ni mu gihe Miss Jolly we yavugaga ko Bebe Cool ashobora kuba yaratekewe umutwe n’umuntu wamwiyitiriye, ndetse akaba yari yasabye uyu muhanzi gusiba ubutumwa bwose yari yamutangajeho ndetse akanamusaba imbabazi.

Bebe Cool, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane, yavuze ko yafashe icyemezo cyo gusiba buriya butumwa bwose nyuma yo kubigirwamo inama n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba.

Yagize ati “Muri iki gitondo nahamagawe na mukuru wanjye Muhoozi Kainerugaba ku birebana n’ikibazo cya Jolly. Nk’umuntu mukuru akaba n’umuyobozi yansabye kubihagarika, gusiba tweets ubundi tukabikemura mu buryo bwa gicuti hanze y’imbuga nkoranyambaga cyane ko twembi turi nk’umuryango kuri we cyane ko nta n’icyiza cyo gucyocyoranira ku karubanda.”

Bebe Cool yavuze ko yakiriye neza inama yagiriwe na Muhoozi Kainerugaba, ndetse bakabyemeranyaho, akaba yahise anasiba ubutumwa bwose yari yatangaje kuri Miss Jolly.

General Muhoozi yahamagaye Bebe Cool bavugana ku kibazo cye na Miss Jolly

Miss Jolly

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 1 =

Previous Post

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Related Posts

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

Bishobora kugera mu nkiko: Ibya Miss Jolly n’umuhanzi Bebe Cool byafashe intera

by radiotv10
18/06/2026
0

Impaka hagati y'umuhanzi w'icyamamare muri Uganda, Bebe Cool, na Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w'u Rwanda, zikomeje gufata indi ntera nyuma...

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

Igisubizo Miss Jolly yahaye umuhanzi ukomeye mu karere wiyemeje gushyira hanze ubutekamutwe amushinja

by radiotv10
17/06/2026
0

Umuhanzi w’Umunya-Uganda Bebe Cool uri mu bakomeye muri Afurika y'Iburasirazuba, yavuze ko agiye gushyira hanze ibimenyetso bigaragaza ubutekamutwe ashinja Jolly...

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

Umunyamakuru M.Irene yatanze umucyo ku makuru yamuvugwaho nyuma yo gutandukana n’abahanzi Vestine na Dorcas

by radiotv10
15/06/2026
0

Umunyamakuru Murindahabi Irene  izwi nka M. Irene unafite inzu MIE ifasha abahanzi, yahakanye amakuru yavugaga ko ari kwishyuza miliyoni 60...

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

The hidden cost of trying to look like you’re doing well

by radiotv10
14/06/2026
0

In a world where success is often measured by appearances, many people are spending more time looking successful than actually...

Men, Would You Marry Someone Who Earns More Than You?

Men, Would You Marry Someone Who Earns More Than You?

by radiotv10
13/06/2026
0

Money has always been one of those silent forces that shapes relationships in ways people don’t always talk about openly....

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Icyatumye Umucamanza yikura mu rubanza rw’umucungamutungo wa Koperative y’abacunga umutekano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.