Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umuganga akurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa ya 1.000.000 kugira ngo amavure

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Umuganga akurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa ya 1.000.000 kugira ngo amavure
Share on FacebookShare on Twitter

Umuganga ukorera mu bitaro bimwe biherereye mu Mujyi wa Kigali, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rumukurikiranyeho kwaka umurwayi ruswa ya Miliyoni 1 Frw kugira ngo amuhe serivisi z’ubuvuzi.

Uyu muganga ukurikiranyweho icyaha cyo gusaba no kwaka indonke ndetse n’icyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, yamaze gukorerwa dosiye ndetse yanashyikirijwe Ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Mutarama 2022 dore ko yafashwe tariki 07 Mutarama.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry avuga ko uyu muganga yatse umurwayi ruswa ya Miliyoni 1 Frw nyuma yo kumubwira ko ibitaro yari ajemo kwivurizamo bitagira aho babagira akamubwira ko yamuha ayo mafaranga akazamushakira ahandi yazamuhera iyo serivisi.

Dr Murangira yagize ati “Aya mafaranga yamwatse si ayo kugira ngo amuvure, ni ayo kumwemerera kumuvurira mu bindi bitaro. Byumvikane ko iya ataza gufatwa, umurwayi yari gutanga ayo yasabwe akaza kongera n’ikiguzi cy’ubuvuzi.”

Avuga ko uyu muganga yaje gufatwa amaze kwakira ibihumbi 50 Frw ayita ay’ubunani dore ko yari yasabye uwo murwayi kuvuga ko ari ay’umunsi mukuru.

Ati “Tariki ya 2 Mutarama 2022 ni bwo muganga yamwijeje ko azamuvura ku wa 05 Mutarama 2022 akamuvurira ku bindi bitaro byigenga.”

Dr Murangira avuga ko uretse kuba ibi ari n’ibikorwa bigize icyaha ariko ari n’icyasha ku mwuga w’uyu muganga.

Ati “Gutegeka umurwayi ngo aguhe amafaranga kandi atari ikiguzi cy’uko wamuvuye kugira ngo uzamuvurire ahandi hantu, ukanamubeshya ko nta byumba byo kubagiramo abarwayi bihari, ntibikwiye.”

Dr Murangira avuga ko kuba ruswa itangiye kuza mu myuga nk’iyi isanzwe ifitiwe icyizere, bikwiye gutuma buri wese ahagurukira kuyirwanya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 1 =

Previous Post

Guverinoma yemeye ko hari Abanyarwanda bahunze inkingo ariko ngo ntagikuba cyacitse

Next Post

Bari batangiye gutyaza amenyo batungurwa n’uko bazitabye- Ibyakurikiye ihambwa rya za mbogo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

by radiotv10
19/09/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwatangaje amabwiriza agenga ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye no kwakira abantu, birimo utubari, utubyiniro na resitora,...

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

by radiotv10
19/09/2025
0

Kalisa Adolphe wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ukurikiranyweho ibyaha birimo kunyereza umutungo, bwa mbere agejejwe...

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubuyobozi bwa Diviziyo ya gatanu y'Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubwa Burigade ya 202 y’iza Tanzania (TPDF), bwagiranye inama igamije imikoranire...

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

Icyo Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ku izamuka ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryagaragaye

by radiotv10
19/09/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko izamuka rya 7,2% ry’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu ryabayeho mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka,...

IZIHERUKA

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura
AMAHANGA

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

by radiotv10
19/09/2025
0

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

19/09/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

19/09/2025
Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

Uwari Umunyamabanga wa FERWAFA uregwa kunyereza bwa mbere imbere y’Urukiko yatanze imbogamizi

19/09/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bari batangiye gutyaza amenyo batungurwa n’uko bazitabye- Ibyakurikiye ihambwa rya za mbogo

Bari batangiye gutyaza amenyo batungurwa n’uko bazitabye- Ibyakurikiye ihambwa rya za mbogo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC i Masisi rwahinduye isura

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe impinduka ku masaha y’ibikorwa birimo utubari n’utubyiniro mu Rwanda mu cyumweru cy’irushanwa

Hagaragajwe icyatumye kimwe mu byo AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bari bemeranyijweho kinanirana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.