• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ukuri kutari kwamenyekanye ku wagaragaye asomera muri sitade umuhazikazi Shakira

radiotv10by radiotv10
23/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ukuri kutari kwamenyekanye ku wagaragaye asomera muri sitade umuhazikazi Shakira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagaragaye umuhungu asomera muri sitade umuhanzikazi w’ikirangirire Shakira, benshi bagakeka ko ari mufana wasomye uyu muhanzikazi ku gahato, byamenyekanye ko ari umwe mu bana be b’abahungu wamugaragarizaga urukundo rwa kibyeyi.

Ibi byabaye mu mukino wahuje ikipe ya Argentine na Austria kuri uyu wa Mbere, wanitabiriwe n’uyu muhanzikazi uzwiko kuba yaririmbye indirimbo zanditse amateka ku gikombe cy’Isi, zirimo na Dai Dai yakoranye na Burna Boy ikoreshwa ubu nk’aho ari yo icyubahiriza.

Ku mbuga nkoranyambaga, hari hagezweho amashusho yerekana uyu muhanzikazi agiye gusomwa n’umuhungu wari umwwicaye ibumoso yamukuruye aramusoma ku itama. Shakira utari witeze ko ibyo biba ntacyo yakoze ngo ahishe gutungurwa kwe.

Amakuru yaje kumenyekana ni uko uyu bamwe bakekaga ko ari umufana wasomye ku gahato Shakira, ari umwe mu bahungu be wakoze ibi nk’ikimenyetso cyo kugaragariza urukundo umubyeyi we.

Uyu muririmbyikazi w’icyamamare yagiye kureba uyu mukino ari kumwe n’abahungu be babiri, Milan na Sasha, yabyaranye n’uwahoze ari myugariro wa Espagne Gerard Piqué.

Milan w’imyaka 13 ni we wamamaye cyane kubera amashusho yagaragaye ari gusoma umubyeyi we. Shakira na we wagaragaye nk’utishimye muri ako kanya, birashoboka ko yari ababajwe no kuba uyu muhungu we yabanje kumukurira umusatsi mbere yo kumusoma, bikamubabaza.

Shakira Shakira na Piqué binjiye mu rukundo nyuma yo guhurira mu ifatwa ry’amashusho y’indirimbo ‘Waka Waka’ na y’Igikombe cy’Isi yo muri 2010, ndetse baza kurushinga, a rimo baza gutandukana muri 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 12 =

Previous Post

The stress we carry every day

Related Posts

Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

RIB yinjiye mu kirego cya Shaddy Boo ushinja umusore kumusambanya ku gahato

by radiotv10
23/06/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwemeje ko rwakiriye ikirego cya Uwimbabazi Shadia uzwi nka Shaddy Boo, umubyeyi w’abana babiri ushinja umusore kumukoresha...

The Real Cost of Treating Yourself Every Weekend

The Real Cost of Treating Yourself Every Weekend

by radiotv10
21/06/2026
0

After a long and stressful week, many people feel they deserve a reward. It could be a nice meal, a...

Igisubizo giteza urujijo cy’umugabo w’umunyemari Zari ubwo yari abajijwe ku gutandukana kwabo

Igisubizo giteza urujijo cy’umugabo w’umunyemari Zari ubwo yari abajijwe ku gutandukana kwabo

by radiotv10
19/06/2026
0

Shakib Cham Lutaaya, umugabo w’umunyemari Zarinah Hassan uzwi nka ‘Zari the Boss Lady’, yabajijwe ku byo gutandukana kwabo nyuma yuko...

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

General Muhoozi nyuma yo guhosha ibibazo hagati ya Miss Jolly na Bebe Cool anabageneye ubutumwa

by radiotv10
19/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yasabye umuhanzi Bebe Cool na Miss Mutesi Jolly kwicara bagatuza nyuma yuko...

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

Ikibazo cya Bebe Cool na Miss Jolly kinjiwemo n’Umujenerali gitangira kubonerwa umurongo

by radiotv10
18/06/2026
0

Umuhanzi w’ikirangirire muri Uganda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Bebe Cool yasibye ubutumwa yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga ashinja...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ukuri kutari kwamenyekanye ku wagaragaye asomera muri sitade umuhazikazi Shakira

The stress we carry every day

Hemejwe ko umunyemari Noël yapfuye urupfu rusanzwe nyuma y’impaka zari zimaze iminsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.