• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuziki nyarwanda wungutse umuhanzi wabyigiye usanganywe ibigwi mu kuwutunganya

radiotv10by radiotv10
24/06/2026
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuziki nyarwanda wungutse umuhanzi wabyigiye usanganywe ibigwi mu kuwutunganya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Mishou yasohoye indirimbo yitwa “Angelina”, ikaba ari indirimbo ivuga ku bwiza bw’umukobwa w’Umunyarwandakazi yitiriye Angelina. Muri iyi ndirimbo amubwira ko ari mwiza kandi ko akwiye ibyiza, amusaba kureka ibyo adakwiye ndetse akamusezeranya kumuha ibyiza.

Ni indirimbo yanditswe na Mishou ubwe, akanayitunganyiriza mu buryo bw’amajwi (audio production). Bob Pro yakoze mixing na mastering, mu gihe Bernard Bagenzi yakoze video production.

Nyuma yo gusoza kwiga umuziki akaba umu producer, Mishou yiyemeje gukora umuziki nka solo artist, aho ashaka gukora umuziki yahoze arota kuva akiri umwana.

Mishou ni umu producer wabashije gukorana n’ibyamamare bikomeye muri muzika nyarwanda. Yari mu itsinda ryakoreye The Ben igitaramo cya live stream mu gihe cya COVID-19, akaba ari na we wagize uruhare mu gukora imiziki yumvikanye mu biganiro byacaga kuri YouTube channel ya Niyitegeka Gracien uzwi nka Papa Cava byitwaga “Ngayo Nguko”.

Ni na we wakoze indirimbo izwi cyane mu kwita izina yitwa “Zibarutse” ya Kibonke, ndetse akaba yaranakoze indirimbo yitwa “Njye Nawe” y’umuraperi P Fla.

Mishou yize ku Nyundo ibijyanye no gutunganya indirimbo, ari byo music production, kuririmba ndetse no gucuranga ibikoresho by’umuziki birimo piano ndetse na acoustic guitar. Mu gihe cy’amashuri ye, yabaye uwa kabiri mu banyeshuri bitwaye neza muri promotion ye.

Ubu na we afite itafari ashaka gushyira ku muziki nyarwanda, aho ashaka gufasha we ndetse n’abandi bahanzi gukora indirimbo z’inzozi bahoze barota kuva kera, yifashishije impano ndetse n’ubumenyi afite mu muziki.

Mishou asanzwe atunganya umuziki

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − six =

Previous Post

Eng.-Rwanda’s women and girls encouraged to venture into the mining sector

Next Post

Mu Gihugu cy’u Bufaransa habonetse umurwayi wa mbere wa Ebola

Related Posts

Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

by radiotv10
24/06/2026
0

Umunyamakuru Anita Pendo akaba n’umushyushyarugamba (MC) ndetse n’umukinnyi wa filimi wamamaye nka Mama Sava bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe. Uyu...

Ukuri kutari kwamenyekanye ku wagaragaye asomera muri sitade umuhazikazi Shakira

Ukuri kutari kwamenyekanye ku wagaragaye asomera muri sitade umuhazikazi Shakira

by radiotv10
23/06/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye umuhungu asomera muri sitade umuhanzikazi w’ikirangirire Shakira, benshi bagakeka ko ari mufana wasomye uyu muhanzikazi ku gahato,...

Shaddyboo yongeye kuzamura impaka kubera inama yagishije abantu

RIB yinjiye mu kirego cya Shaddy Boo ushinja umusore kumusambanya ku gahato

by radiotv10
23/06/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwemeje ko rwakiriye ikirego cya Uwimbabazi Shadia uzwi nka Shaddy Boo, umubyeyi w’abana babiri ushinja umusore kumukoresha...

The Real Cost of Treating Yourself Every Weekend

The Real Cost of Treating Yourself Every Weekend

by radiotv10
21/06/2026
0

After a long and stressful week, many people feel they deserve a reward. It could be a nice meal, a...

Igisubizo giteza urujijo cy’umugabo w’umunyemari Zari ubwo yari abajijwe ku gutandukana kwabo

Igisubizo giteza urujijo cy’umugabo w’umunyemari Zari ubwo yari abajijwe ku gutandukana kwabo

by radiotv10
19/06/2026
0

Shakib Cham Lutaaya, umugabo w’umunyemari Zarinah Hassan uzwi nka ‘Zari the Boss Lady’, yabajijwe ku byo gutandukana kwabo nyuma yuko...

Next Post
Mu Gihugu cy’u Bufaransa habonetse umurwayi wa mbere wa Ebola

Mu Gihugu cy'u Bufaransa habonetse umurwayi wa mbere wa Ebola

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Bwa mbere umunyamakurukazi n’umukinnyikazi wa filimi bazwi mu Rwanda bagiye guhurira mu mukino w’iteramakofe

Umunyeshuri yajombye ikaramu umwarimu aramukomeretsa bikomeye

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.