Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uru ruhande bahangaye rukomeje gukora ibyaha by’intambara birimo icyo rwakoze uyu munsi cyo kurasa ibisasu ku Bitaro Bikuru bya Minembwe muri Kivu y’Epfo rukoresheje indege z’intambara zitagira abapilote, zarashe n’icyumba kivurirwamo abana.
Ibi byatangajwe na Lawrence Kanyuka, Umuvugizi wa AFC/M23 ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kamena 2026.
Mu butumwa bugaragaza “amakuru yihutirwa”, Kanyuka yabuhaye umutwe ugira iti “Ibyaha by’intambara muri Minembwe”, aho yavuze ko ku gicamunsi cya none uruhande bahanganye rwakomeje ibitero bikomeye.
Yavuze ko ahagana saa munani z’umugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, “ingabo zihuje umugambi z’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu ku bitaro bikuru bya Minembwe, harimo n’icyumba cy’abana aho abana barwaye cyane cyane bavurirwa, hakoreshejwe indege zitagira abapilote.”
Yavuze kandi ko no kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Kamena 2026, uruhande bahanganye na bwo rwari rukomeje ibitero byo kurasa ibisasu ku baturage bo mu bice binyuranye bya Minembwe ndetse no mu tundi tuhakikije.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka yagize ati “Ibi bitero byamaze guhitana abaturage benshi, barimo abagore n’abana.”
Uyu muvugizi wa AFC/M23 yavuze ko iri Huriro rikomeje kugaragariza Abanyekongo n’Umuryango Mpuzamahanga ibi byaha by’intambara biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa bubikorera abaturage b’abasivili.
RADIOTV10





