• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Bidasubirwaho Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangaje ubwegure bwe

radiotv10by radiotv10
22/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Bidasubirwaho Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangaje ubwegure bwe
Share on FacebookShare on Twitter

Keir Starmer yatangaje ubwegure bwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza n’Umuyobozi w’Ishyaka rya Labour, avuga ko yafashe iki cyemezo nyuma yo kumva ubusabe bw’abayoboke b’iri shyaka.

Mu ijambo yatangiye ku Biro bya Minisitiri w’Ingebe mu Bwongereza (10 Downing Street) kuri uyu wa Mbere tariki 22 Kamena, Keir Starmer yavuze ko abayoboke b’ishyaka rye, bakomeje kumubaza niba abona “ari we ukwiye kutuyobora mu matora rusange ataha.” Ati “rero numvise igisubizo.”

Muri iri jambo ritangaza ubwegure bwe, Keir Starmer yavuze ko buri cyemezo yagiye afata ku ngoma ye cyabaga kigamije “gushyira imbere Igihugu nkunda imbere.”

Muri iri jambo, kandi uyu munyapolitiki yagaragaje umugore we nk’intwari ikomeye, afata nk’urufatiro rw’ubuzima bwe, kandi ko ashaka gukomeza kumwitaho. Ati “Ndashaka kuba umupapa mwiza wita ku bana banjye neza.”

 

Harakurikiraho iki?

Starmer avuga ko azakomeza kuba ku mwanya we kugeza igihe Labour izatoranya umuyobozi mushya, ibyo yasabye urwego ruyobora ishyaka gukora ibishoboka byose kugira ngo bibe “mbere yuko Inteko Ishinga Amategeko igaruka muri Nzeri.”

Umunyapolitiki Andy Burnham bivugwa ko ashobora gusimbura Minisitiri w’Intebe, araba ari i Westminster uyu munsi kugira ngo arahire nk’umudepite wa Makerfield, nyuma yo gutsinda amatora y’agateganyo mu cyumweru gishize.

Keir Starmer yavuze ko azasaba Komite Nyobozi y’Ishyaka rye, igatangira kwakira kwakira kandidatire ku muyobozi mushya w’ishyaka ku itariki ya 9 Nyakanga.

Yavuze ko nibuga uku kwakira kandidarire, byazarangirana n’ikiruhuko cy’impeshyi, ku ya 16 Nyakanga, bivuze ko byakorwa mu gihe cy’icyumweru kimwe.

Ibi byazatuma uzaba umuyobozi mushya w’iri shyaka azaba ari mu Nteko Ishinga Amategeko igihe yazaba igarutse ivuye mu kiruhuko cyayo cy’impeshyi ku ya 01 Nzeri, nk’uko Starmer yabitangaje.

Ibi byaha amahirwe Andy Burnham kuba yazaba umukandida ubwo hazaba hatangiye gutangwa kandidatire ku ya 09 Nyakanga, ndetse akaba ashobora kuzaba umuyobozi wa Labour nyuma y’uko gutanga kandidatire birangiye.

Kuva ubu kugeza igihe ibi bizafatirwa icyemezo ubwo hazaba habonetse umuyobozi mushya wa Labour Party, Starmer azakomeza kuba Minisitiri w’Intebe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + three =

Previous Post

Andi mafoto ya Minisitiri Dr.Sabin Nsanzimana wo muri Guverinoma y’u Rwanda aterera umusozi wa Karisimbi

Related Posts

Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge

Perezida Tshisekedi wa Congo yatumiye Ndayishimiye w’u Burundi ngo baganire

by radiotv10
22/06/2026
0

Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatumiwemo na...

Hatewe intambwe nziza mu kurangiza indi ntambara yari iteye impungenge ku Isi

Hatewe intambwe nziza mu kurangiza indi ntambara yari iteye impungenge ku Isi

by radiotv10
20/06/2026
0

Israel n'umutwe wa Hezbollah bemeranyije guhagarika imirwano muri Lebanon, nyuma y'uko ubwiyongere bw'imirwano bwari bwatangiye gushyira mu kaga amahirwe y'uko...

AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku magambo Tshisekedi yatukiyemo Kabila yasimbuye yanamaganywe n’u Rwanda

by radiotv10
19/06/2026
0

Umuhuzabikorwa Mukuru mu bya Politiki w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yamaganye amagambo Perezida Tshisekedi yavuze nyuma y’umukino w’Ikipe y’Igihugu ya DRC,...

General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
19/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko mu gihe cya vuba azaba ari Perezida wa Uganda, kandi...

Hatangajwe imibare y’abahitanywe n’igitero gikomeye cyagabwe ku kibuga cy’indege muri Niger

Hatangajwe imibare y’abahitanywe n’igitero gikomeye cyagabwe ku kibuga cy’indege muri Niger

by radiotv10
19/06/2026
0

Abitwaje intwari bafite aho bahuriye n’umutwe wa Al-Qaeda bagabye igitero ku Kibuga cy'Indege cya Niamey muri Niger, gihitana abasirikare 11...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

BREAKING: Bidasubirwaho Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangaje ubwegure bwe

Andi mafoto ya Minisitiri Dr.Sabin Nsanzimana wo muri Guverinoma y’u Rwanda aterera umusozi wa Karisimbi

Inzozi z’umunyezamu wa Cape Verde zabaye impamo nyuma yo gutangaza ibyakoze benshi ku mutima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.