Dr. Sabin Nsanzimana, Minisitiri w’Ubuzima muri Guverinoma y’u Rwanda, akaba umwe mu ba Sportif bakomeye, yatereye umusozi wa Karisimbi arawumika, ibintu yavuze ko ari impano yigeneye y’isabukuru ye y’amavuko.
Mu mafoto yashyize hanze, Dr. Sabin Nsanzimana; yagaragaje ari guterera uyu musozi ufite uburebure bw’ibilometero 4,5 usanzwe utererwa n’abari mu bikorwa by’ubukerarugendo burimo no gukora imyitozi ngororamubiri.
Yavuze ko ibi yabikoze mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amagara ye, kuko ari siporo isanzwe ari ingenzi ku mubiri n’ubuzima bwa muntu.
Yagize ati “Kwita ku buzima mu buryo buhoraho ni zimwe mu mpano dushobora kwigenera. Mbere yo kwizihiza isabukurru yanjye, nihaye impano yo kuzamuka umusozi wa Karisimbi (4,507m) urugendo wa mbere ruzamuka w’amasaha 10 nta guhagarara.”
Dr. Sabin kandi yaboneyeho guha umukoro abantu na bo kuzajya kuzamuka uyu musozi, kuko ari ingenzi ku buzima, dore ko uretse kuba ari no kureba ibyiza bitatse u Rwanda ari no gukora siporo.
Yagize ati “Nawe ihe umukoro. Kora ibishoboka. Ukomeze kugira ubuzima bwiza. Kuzamuka umusozi wa Karisimbi (4,507m), ikirunga cya mbere kizamuka mu Rwanda mu munsi umwe, ukanirebera ibyiza bitatse Igihugu cyacu.”
Dr. Nsanzimana usanzwe ari Umu-Sportif, yagiye guterera uyu musozi wa Karisimbi nyuma yuko mu minsi micye ishize, yari yanitabirye isiganwa rya Kigali Peace Marathon, yari yabanje na bwo guhamagarira abanu kuzaryitabira, ndetse anaha umukoro bamwe mu bagze Guverinoma y’u Rwanda ko azabatanga gusoza mu ntera y’ibilometero 10 mu cyiciro cya Run For Peace cy’abatarabigize umwuga.




RADIOTV10





