• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida Tshisekedi wa Congo yatumiye Ndayishimiye w’u Burundi ngo baganire

radiotv10by radiotv10
22/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Eng.-Tshisekedi and Ndayishimiye Accused of Atrocities Against Banyamulenge
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi ategerejwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yatumiwemo na mugenzi we Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, rurangwa n’ibikorwa binyuranye birimo ibiganiro bibera mu muhezo.

Uru ruzinduko ruteganyijwe gutangira none ku wa Mbere tariki 22 Kamena 2026 nk’uko byemejwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri DRC.

Itangazo rashyizwe hanze na Perezidansi ya DRC, yavuze ko “Ku butumire bwa mugenzi we wa Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, Perezida wa Repubulika y’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, ategerejwe i Kinshasa kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Kamena 2026, mu ruzinduko rw’akazi rw’amasaha 48.”

Biteganyijwe ko Perezida Ndayishimiye yakirwa na mugenzi we Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo ku kibuga cy’indege cya N’djili, ubundi baze kugirana ibiganiro bibera mu muhezo ku cyicaro cy’Ibiro bya Perezida wa DRC.

Nyuma y’ibi biganiro bibera mu muhezo bihuza Perezida Ndayishimiye na mugenzi we Tshisekedi, Abakuru b’Ibihugu byombi baagiana ikiganiro n’abanyamakuru.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, itangaza ko ibiganiro bihuza aba Bakuru b’Ibihugu bombi, byibanda ku ngingo zinyuranye zirimo ibyerecyeye ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, ndetse n’uburyo bwo guhangana n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kiri muri DRC.

Uru ruzinduko rubaye mu gihe Perezida Ndayishimiye ari Perezida w’Akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi, bisanzwe bifitanye imikoranire mu bya gisirikare, aho ubutegetsi bwa Gitega bunafite abasirikare benshi bafatanya na FARDC mu rugamba rwo guhangana n’Ihuriro AFC/M23.

Amakuru yagiye hanze muri Mutarama uyu mwaka, yavugaga ko u Burundi bwari bumaze kohereza muri DRC abasirikare 29 862 kuva mu ijoro ryo ku ya 14 rishyira ku ya 15 Kanama (08) 2022, ubwo iki Gihugu cyatangiraga koherezayo ingabo.

Ni ingabo zoherezwa ku bw’amasezerano yasinywe hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi, Ndayishimiye na Tshisekedi, zakunze kuvugwaho gukora ibikorwa bihutaza uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu burasirazuba bwa DRC, aho bafatanya n’imitwe nka FDRL ndetse na Wazalendo mu bikorwa binahitana inzirakarengane z’abasivile muri kariya gace.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Rusizi: EMLR irizeza umusanzu uhoraho mu gushyigikira abarokotse jenoside yakorewe abatutsi 1994

Next Post

Minisitiri w’Ubuzima Dr.Sabin Nsanzimana yihaye impano ku isabukuru ye ishimangira ko yihebeye siporo

Related Posts

BREAKING: Bidasubirwaho Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangaje ubwegure bwe

BREAKING: Bidasubirwaho Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza yatangaje ubwegure bwe

by radiotv10
22/06/2026
0

Keir Starmer yatangaje ubwegure bwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza n’Umuyobozi w’Ishyaka rya Labour, avuga ko yafashe iki...

Hatewe intambwe nziza mu kurangiza indi ntambara yari iteye impungenge ku Isi

Hatewe intambwe nziza mu kurangiza indi ntambara yari iteye impungenge ku Isi

by radiotv10
20/06/2026
0

Israel n'umutwe wa Hezbollah bemeranyije guhagarika imirwano muri Lebanon, nyuma y'uko ubwiyongere bw'imirwano bwari bwatangiye gushyira mu kaga amahirwe y'uko...

AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku magambo Tshisekedi yatukiyemo Kabila yasimbuye yanamaganywe n’u Rwanda

by radiotv10
19/06/2026
0

Umuhuzabikorwa Mukuru mu bya Politiki w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yamaganye amagambo Perezida Tshisekedi yavuze nyuma y’umukino w’Ikipe y’Igihugu ya DRC,...

General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
19/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko mu gihe cya vuba azaba ari Perezida wa Uganda, kandi...

Hatangajwe imibare y’abahitanywe n’igitero gikomeye cyagabwe ku kibuga cy’indege muri Niger

Hatangajwe imibare y’abahitanywe n’igitero gikomeye cyagabwe ku kibuga cy’indege muri Niger

by radiotv10
19/06/2026
0

Abitwaje intwari bafite aho bahuriye n’umutwe wa Al-Qaeda bagabye igitero ku Kibuga cy'Indege cya Niamey muri Niger, gihitana abasirikare 11...

Next Post
Minisitiri w’Ubuzima Dr.Sabin Nsanzimana yihaye impano ku isabukuru ye ishimangira ko yihebeye siporo

Minisitiri w’Ubuzima Dr.Sabin Nsanzimana yihaye impano ku isabukuru ye ishimangira ko yihebeye siporo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

APR yatandukanye n’abakinnyi babiri bari mu b’ingenzi bayo

Haravugwa impinduka muri Rayon Sports

Menya impinduka zikomeye zigiye gutangira mu bizamini bya Perimi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.