• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
19/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko mu gihe cya vuba azaba ari Perezida wa Uganda, kandi ko kimwe mu byo azakora, ari ukuzahamagara ‘Uncle’ Perezida Kagame na Tshisekedi kugira ngo hashakwe umuti w’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC.

General Muhoozi Kainerugaba yabitangaje mu butumwa akunze gushyira ku rubuga nkoranyambaga rwa X, bwabanjirijwe n’ubwo yashimiyemo Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuba yarafashe icyemezo cyo guhindura Guverineri w’Intara ya Ituri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Muhoozi yagize ati “Ndashima mukuru wanjye H.E.Tshisekedi ku bwo kumva amarira y’abaturage ba Ituri, agakura Guverineri mubi.”

Uyu Mujenerali kandi yavuze ko kandi yishimira urukundo n’ubufatanye buri hagati ya Uganda na DRC byubatswe ku butegetsi bwa Perezida Kaguta Museveni na Tshisekedi.

Mu butumwa bukurikira ubu yashimyemo Perezida Tshisekedi, uyu Mugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi yagaragaje kandi ko yifuza kuzagira uruhare mu gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC.

Yagize ati “Ubu muri aka kanya ni CDF (Umugaba Mukuru w’Ingabo). Ariko umunsi vuba aha nzaba ndi Perezida wa Uganda, kandi nzahamagara ‘my uncle’ Perezida Kagame na mukuru wanjye Perezida Tshisekedi mu gukemura iki kibazo.”

General Muhoozi atangaje ibi, mu gihe amaze iminsi n’ubundi atambutsa ubutumwa kuri X avuga ko agomba gusimbura umubyeyi we Yoweri Kaguta Museveni ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu cya Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

Related Posts

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

by radiotv10
19/06/2026
0

Abaperezida bane bayoboye Leta Zunze Ubumwe za America bahuriye mu gikorwa cyo gufungura ikigo cyitiriwe umwe muri bo, Barack Obama,...

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

by radiotv10
18/06/2026
0

Nyuma yuko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaje ko cyafashe agace ka Minembwe-Centre, hari amakuru avuga ko...

Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo

Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo

by radiotv10
18/06/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yashimiye ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera uburyo yitwaye mu Gikombe cy’Isi...

Hashyizwe hanze inyandiko igaragaza amasezerano ya America na Iran

Hashyizwe hanze inyandiko igaragaza amasezerano ya America na Iran

by radiotv10
18/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zashyize hanze inyandiko ikubiyemo amasezerano y’iki Gihugu na Iran yo kurangiza intambara, agizwe n’ingingo 14...

Uko u Rwanda rwakiriye kwisubiraho kwa Congo ikemera kwicarana ku meza y’ibiganiro na M23

Tshisekedi yasabwe kwegura anateguzwa imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
17/06/2026
0

Abatavuga rumwe n'ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakajije umurego mu bikorwa byo kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga,...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

Abarimo Lt.Gen.(Rtd) Karenzi Karake na Maj.Gen.Bayingana bemejwe na Sena ku nshingano bahawe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.