• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku magambo Tshisekedi yatukiyemo Kabila yasimbuye yanamaganywe n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 irashinja FARDC umugambi mubisha nyuma y’igikorwa cyahungabanyije imibereho y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa Mukuru mu bya Politiki w’Ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa yamaganye amagambo Perezida Tshisekedi yavuze nyuma y’umukino w’Ikipe y’Igihugu ya DRC, yashimanguye ko akomeje inzira y’imirwano, akanita ‘imbwa’ Kabila yasimbuye.

Corneille Nangaa yabivuze mu butumwa bushimira ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (Leopards) uburyo yitwaye mu mukino wayo wa mbere mu gikombe cy’Isi yanganyirijemo n’iya Portugal igitego 1-1.

Nangaa yagize ati “Ku ruhande rumwe ubwo habaga umukino wabayeho kunganya igitego kimwe kuri kimwe hagati ya DRC na Portugal, ku rundi ruhande habayeho amagambo rutwitsi yo kwangiza icyizere cyo kugarura amahoro.”

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 akomeza avuga ko ubwo Abanyekongo bariho bishimira uko Ikipe y’Igihugu cyabo yitwaye mu gikombe cy’Isi, “Tshisekedi we yatangaje ko igisirikare cye yise ‘les clochards’ kiri kwivugana umwanzi ndetse anatangaza ko azisubiza Bukavu na Goma.”

Yakomeje avuga kandi ko Perezida Tshisekedi “yise uwo yasimbuye ‘imbwa’. Aya ni amagambo rutwitsi kandi ashimangira gukomeza intambara no guhonyora amasezerano y’amahoro.”

Yavuze kandi ko muri ariya magambo ya Tshisekedi yanumvikanyemo ko akomeje gushyira imbere amacakubiri n’urwango, atesha agaciro icyubahiro ubutegetsi bwe.

Ku kuba Tshisekedi yarise uwo yasimbuye ‘chien’ [imbwa], Corneille Nangaa yagize ati “Ni inde utazi ko imbwa ari itungo ribana n’abantu riri mu matungo yitabwabo bwana Tshisekedi? Ese yaba yaratsinze amatora akanasimbura imbwa ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.”

Uyu muhuzabikorwa wa AFC/M23 yavuze ko amagambo nk’ariya ya Tshisekedi, agaragaza urwego rw’uburere n’amashuri ye, ndetse n’ingano y’ubumenyi bwe mu miyoborere.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo; kuri uyu wa Kane na we yanenze amagambo ya Perezida Felix Tshisekedi yavugiye muri Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko ntakindi cyumvikanamo, uretse kuba adakozwa inzira z’amasezerano y’amahoro, ahubwo ko ashyize imbere intambara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 12 =

Previous Post

Amakuru mashya: Rayon yabonye undi muterankunga mukuru nyuma yo gutandukana na Skol

Related Posts

General Muhoozi yongeye gushimangira urwo akunda u Rwanda agaragaza uwo arukundamo by’umwihariko

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
19/06/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko mu gihe cya vuba azaba ari Perezida wa Uganda, kandi...

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

IFOTO: Abaperezida bane bayoboye America n’abagore babo bahuriye mu gikorwa kimwe

by radiotv10
19/06/2026
0

Abaperezida bane bayoboye Leta Zunze Ubumwe za America bahuriye mu gikorwa cyo gufungura ikigo cyitiriwe umwe muri bo, Barack Obama,...

Mu buryo butunguranye ibiganiro bya America na Iran byasubitswe

Mu buryo butunguranye ibiganiro bya America na Iran byasubitswe

by radiotv10
19/06/2026
0

Ibiganiro byari biteganyijwe hagati ya Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byasubitswe nyuma yuko Visi Perezida wa US, JD...

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

Ntihavugwa rumwe ku makuru yatangajwe na FARDC ko yafashe Minembwe-Centre

by radiotv10
19/06/2026
0

Nyuma yuko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaje ko cyafashe agace ka Minembwe-Centre, hari amakuru avuga ko...

Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo

Perezida Ndayishimiye yise Tshisekedi umuvandimwe we mu butumwa bushimira Ikipe ya Congo

by radiotv10
19/06/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yashimiye ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera uburyo yitwaye mu Gikombe cy’Isi...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagize icyo ivuga ku magambo Tshisekedi yatukiyemo Kabila yasimbuye yanamaganywe n’u Rwanda

Amakuru mashya: Rayon yabonye undi muterankunga mukuru nyuma yo gutandukana na Skol

Gen.Muhoozi yavuze ko mu gihe cya vuba azaba Perezida akinjira mu bibazo by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.