Ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC, bwamaze gutandukana n’abakinnyi babiri bari bayimazemo igihe, barimo Ruboneka Jean Bosco wari uyimazemo imyaka itandatu (6).
Uretse Ruboneka, APR FC yanatandukanye n’uwari rutahizamu w’iyi kipe, Mugisha Gilbert wari uyimazemo imyaka itanu (5).
Amakuru agera kuri RADIOTV10, avuga ko ubuyobozi bwa APR FC bwamaze no guha aba bakinnyi amabaruwa abemerera kwerecyeza mu yandi makipe.
Aba bakinnyi batandukanye na APR FC, nyuma yo kurangiza amasezerano yabo, aho byari bimaze iminsi bivugwa ko hari abakinnyi batazongererwa amasezerano muri iyi kipe.
APR FC itandukanye n’aba bakinnyi nyuma y’abandi batatu iherutse gusezerera ari bo Aliou Souané, Mamadou Sy, na Mahamadou Lamine Bah.
Iyi kipe yanegukanye Igikombe cya Shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2025-2026, nubwo yasezereye aba bakinnyi, inakomeje kugura abandi, aho iherutse kugura Umunya-Côte d’Ivoire Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve ukina asatira izamu anyuze ibumoso.
Uretse uyu mukinnyi wakinaga mu Cyiciro cya Mbere muri Côte d’Ivoire wanayitsinzemo ibitego byinshi, APR FC iherutse no gusinyisha myugariro ukina ibumoso, Ishimwe Christian, wari umaze umwaka ayivuyemo, ikaba yaramugaruye imukuye muri Police FC.
RADIOTV10





