Josimar José Évora Dias uzwi nka Vozinha, umunyezamu w’ikipe y’Igihugu ya Cape Verde uri kuyifasha kwihagararaho mu Gikombe cy’Isi, yakiniye imbere y’umubyeyi we nyuma yo gutangaza ko yari yabuze uko agera muri America kubera kubura ubushobozi na Visa.
Ana Candida Evora, umubyeyi w’uyu munyezamu w’imyaka 40, yarebye umukino wahuje ikipe y’Igihugu cyabo na Uruguay wabaye mu rucyerera rwo kuri uyu wa Mbere, unarangira Cape Verde yongeye kwihagararaho, dore ko banganyije ibitego 2-2.
Ni umukino wa kabiri iyi kipe ikinnye, nyuma y’uwari wabanje aho na bwo Cape Verde yari yanganyije na Espagne 0-0, wanasize uyu munyezamu Vozinha abaye ikimenyabose ku Isi, kubera uburyo yawitwayemo agakuramo imipira yabaga yabazwemo ibitego.
Nyuma y’umukino wabanje, Vozinha mu mvugo yumvikanagamo agahinda kenshi, yari yavuze ko yababajwe no kuba umubyeyi we atari kumureba uburyo ari guhesha ishema Igihugu cyabo, kandi yarabyifuzaga.
Uyu munyezamu yavugaga ko umubyeyi we yifuzaga kujya muri Leta Zunze Ubumwe za America, ariko akabura ubushobozi yaba ubw’urugendo ndetse n’ubwo kubona Visa.
Inzego zahise zibijyamo, ndetse Ana Candida Evora yerecyeza muri America aho yagezeyo ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, akaba yarebye n’umukino wa kabiri wa Cape Verde.
Ubwo uyu mukino wari uhumuje, uyu munyezamu wa Cape Verde, yahise yerecyeza aho umubyeyi we yari ari, ajya kumuramutsa, ibintu byongeye gukora benshi ku mutima.
RADIOTV10






