Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rwaniro, mu Karere ka Huye, by’umwihariko abo mu Tugari twa Nyaruhombo na Kamwambi, bavuga ko bafite ikibazo cy’uko hashize amezi menshi babariwe imitungo iri ahagombaga kunyuzwa imiyoboro y’amashanyarazi, ariko kugeza ubu bakaba batarahabwa indishyi. Banavuga kandi ko hari indi myaka yangijwe nyuma y’ibarura rya mbere na yo itarigeze ibarurwa.
Aba baturage bavuga ko bishimiye gahunda yo kubegereza amashanyarazi kuko ari imwe mu nkingi z’iterambere, ariko bagaragaza ko gutinda guhabwa indishyi byabashyize mu gihirahiro, cyane cyane ku batakaje ubutaka n’imyaka byari bibatunze.
Mukankiko Salome ati: “Twishimiye ko amashanyarazi aje iwacu kuko ni iterambere, ariko kuba twarabariwe tukamara amezi menshi tutishyuwe biraduhangayikishije. Twari twizeye ko amafaranga y’indishyi azadufasha mu bindi bikorwa byo kwiteza imbere.”
Ruhumuriza Anaclet na we ni umuturage avuga ko imyaka ye yangijwe, ariko nyuma yo kubarirwa ntiyishyurwe imitungo yabariwe bwa mbere. Avuga ko hari n’imyaka yangiritse nyuma y’ibarura itigeze ishyirwa mu mibare.
Ati: “Nyuma y’ibarura rya mbere, ibikorwa byo gushyiraho imiyoboro byakomeje byangiza indi myaka yacu, ariko ntitwongeye kubarirwa. Turasaba ko ibyo byangiritse byose bibarurwa kugira ngo natwe duhabwe indishyi.”
Aba baturage bavuga ko gutinda kwishyurwa byabateje igihombo gikomeye, kuko bamwe mu butaka bwabo bwangiritse ndetse n’imyaka bari bahinze irangirika batabonye ingurane.
Basaba inzego zibishinzwe kwihutisha kwishyura abamaze kubarirwa, ndetse hakanakorwa irindi barura ku bangirijwe nyuma kugira ngo na bo bahabwe uburenganzira bwabo.
Ku ruhande rw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG), umuvugizi wa REG, Joffrey Zawadi, yavuze ko iki kibazo kiri gukurikiranwa.
Ati: “Ikibazo cy’aba baturage si umwihariko wabo gusa, kuko kiri mu Karere ka Huye ahatandukanye. Kirimo gukurikiranwa, hagenda hishyurwa hagendewe ku byangombwa byujuje neza. Abatarishyurwa haba hari gutunganywa ibyangombwa, na bo amafaranga yabo azabageraho. Abatarabarirwa na bo turabikurikirana turebe niba bahari, babarirwe na bo bishyurwe vuba.”
Yakomeje avuga ko ikibazo cy’indishyi zatinze kitagarukira ku Murenge wa Rwaniro gusa, ahubwo no mu tundi duce hari dosiye zitararangira kubera impamvu zitandukanye.
Ati: “Si muri Rwaniro gusa. Hari dosiye zirenga ibihumbi bitatu, ariko abarenga ibihumbi bibiri bamaze kwishyurwa. Abatarishyurwa akenshi usanga hari ibyangombwa bituzuye, byaba ku ruhande rw’abaturage cyangwa ku nzego z’ibanze ziba ziri gutegura dosiye.”
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) kivuga ko kugeza ubu ikibazo cy’indishyi kitagarukira mu Murenge wa Rwaniro gusa, kuko hari n’ahandi habarurwa amadosiye arenga 3.000. Muri ayo, abarenze ibihumbi bibiri bamaze kwishyurwa, mu gihe abatarishyurwa ahanini usanga ari ababa bataruzuza ibyangombwa, haba ku ruhande rw’abaturage cyangwa ku buyobozi bw’inzego z’ibanze ziba ziri gutegura dosiye.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10





