• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, June 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubushyuhe bukabije mu Bufaransa bwatumye hashyirwaho amabwiriza yo kugabanya kunywa inzoga

radiotv10by radiotv10
26/06/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ubushyuhe bukabije mu Bufaransa bwatumye hashyirwaho amabwiriza yo kugabanya kunywa inzoga
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’u Bufaransa bwategetse ko kugura no kugurisha inzoga ahantu hahurira abantu benshi, bibujijwe muri iyi minsi y’impera z’icyumweru kubera ubushyuhe bwinshi bukomeje kwibasira iki Gihugu n’ibindi byo ku Mugabane w’u Burayi.

Abayobozi b’Ubufaransa bavuze ko kunywa inzoga mu ruhame bizahagarikwa kuva kuri uyu wa Gatanu, kubera ubushyuhe bukabije buri i Paris no mu nkengero z’uyu Murwa Mukuru, bwatumye hari benshi bari mu Bitaro

Umuyobozi wa Polisi i Paris, Patrice Faure yagize ati “Turi kugera aho ubushobozi bw’Ibitaro buba bucye. Umubare w’abantu bajyanwa mu bitaro ukomeje kwiyongera.”

Yakomeje agira ati “Ni ngombwa ko igitutu kigabanuka.” Ndetse anemeza ko hashyizweho ingamba zinyuranye zirimo n’izi zo kugabanya ikigero cy’inzoga zinyobwa.

Kunywa inzoga mu mihanda n’ahandi hantu hahurira abantu benshi ndetse no kugurisha inzoga abantu bagenda bajyanye, bizahagarikwa kuva ku wa Gatanu, nk’uko Faure yabibwiye abanyamakuru.

Iteka ryasohotse kuri uyu wa Kane, ribuza kunywa inzoga mu ruhame hagati ya saa sita z’amanywa ku wa gatanu na saa moya za mu gitondo ku wa Gatandatu, no hagati ya saa sita z’amanywa ku wa Gatandatu na saa moya za mu gitondo ku Cyumweru.

Yagize ati “Iri tegeko ntirireba ahantu hahurira abantu benshi hasanzwe hatuwe na resitora n’utubari bifite impushya zemewe.”

Faure yavuze kandi ko itsinda ry’abazimya umuriro ry’i Paris ryabonye umubare w’ibikorwa byaryo byikubye kabiri, bigera ku bikorwa birenga 2 500 ku wa Kane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Abanyeshuri bakurikiranyweho gukubita abarimu batawe muri yombi

Next Post

Urwego rw’umutekano muri Qatar ruri gutanga imyitozo yihariye mu Rwanda

Related Posts

Minisitiri muri Sweden yazanye uruhinja mu nama ikomeye i Burayi

Minisitiri muri Sweden yazanye uruhinja mu nama ikomeye i Burayi

by radiotv10
26/06/2026
0

Minisitiri w’Ibidukikije muri Guverinoma ya Sweden, Romina Pourmokhtari yazanye uruhinja rw’amezi atatu mu nama y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Uyu mubyeyi...

Abarwanyi ba Twirwaneho ikorana na AFC/M23 bemeje ko bahaye isomo abasirikare b’u Burundi na FARDC

Abarwanyi ba Twirwaneho ikorana na AFC/M23 bemeje ko bahaye isomo abasirikare b’u Burundi na FARDC

by radiotv10
25/06/2026
0

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho urengera uburenganzira bw'Abanyamulenge, watangaje ko wakubise incuro ingabo z'u Burundi n'iza Congo zashaga kwisubiza agasozi ka Ruhinamavi...

Hatangajwe imibare y’agateganyo y’abahitanywe n’imitingito ibiri ikomeye yabaye muri Venezuela

Hatangajwe imibare y’agateganyo y’abahitanywe n’imitingito ibiri ikomeye yabaye muri Venezuela

by radiotv10
25/06/2026
0

Perezida w'Agateganyo wa Venezuela Delcy Rodríguez, yatangaje ko imitingito yabaye muri iki Gihugu yahitanye abantu 32, mu gihe abakomeretse bagera...

AFC/M23 yavuze ibikorwa by’intambara by’ubugome ndengakamere byongeye gukorwa na Leta ya Congo

AFC/M23 yavuze ibikorwa by’intambara by’ubugome ndengakamere byongeye gukorwa na Leta ya Congo

by radiotv10
24/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uru ruhande bahangaye rukomeje gukora ibyaha by’intambara birimo...

Harumvikana bombori bombori hagati ya Kiliziya Gatulika muri Congo n’ishyaka rya Tshisekedi

Harumvikana bombori bombori hagati ya Kiliziya Gatulika muri Congo n’ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
24/06/2026
0

Ihuriro Union Sacrée rishyigikiye Perezida Felix Tshisekedi rirashinja Inama y’Abepisikopi Gatulika (CENCO) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umugambi wo...

Next Post
Urwego rw’umutekano muri Qatar ruri gutanga imyitozo yihariye mu Rwanda

Urwego rw’umutekano muri Qatar ruri gutanga imyitozo yihariye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

The Gasabo Gold sanction: Justice, geopolitics, or selective pressure?

Imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II igeze ahashimishije

America yafatiye ibihano amasosiyete ane yo mu Rwanda iyashinja gutera inkunga M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.