• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, June 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umuhungu w’Intwari y’u Rwanda Maj.Gen. Rwigema yagaragaye i Kigali yaje kureba umukino wa Basketball

radiotv10by radiotv10
27/06/2026
in MU RWANDA
0
Umuhungu w’Intwari y’u Rwanda Maj.Gen. Rwigema yagaragaye i Kigali yaje kureba umukino wa Basketball
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhungu wa nyakwigendera Maj Gen Fred Gisa Rwigema, imwe mu Ntwari z’u Rwanda, yagaragaye muri Zaria Court yaje kureba umukino wa Basketball mu irushanwa ryo kuzirikana uwari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu uherutse kwitaba Imana azize impanuka.

Eric Gisa Rwigema, akaba ari n’imfura ya Rwigema, ntakunze kugaragara mu ruhame mu Rwanda, dore ko atakunze no kuhaba, aho yakunze kuba mu mahanga.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Kamena 2026 ubwo hakinwaga imikino yo kuzirikana Kenrik Kabano na Rosine Kabano yaberaga muri Zaria Court, uyu muhungu wa Maj Rwigema, ni umwe mu barebye uyu mukino.

Umunyamamuru wa RADIOTV10 Hitimana Jean Claude wakurikiranye iri rushanwa, ari na we dukesha aya makuru, yagize ati “Eric GISA RWIGEMA, Umuhungu wa Late Maj. Gen. FRED GISA RWIGEMA (Intwari y’u Rwanda), ari mu bitabiriye irushanwa rya Basketball ryo kwibuka KENRIK KABANO na ROSINE KABANO ryabereye muri Zaria Court kuri uyu wa Gatanu.”

Eric Gisa Rwigema kuri uyu wa Gatanu muri Zaria Court

Kenrik Kabano wibukwaga muri iri rushanwa, yari Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’abato ya Basketball, mu muri Mata uyu mwaka yakoze impanuka ari kumwe n’umubyeyi we (Rosine Kabano) muri Leta ya Texas muri Leta Zunze Ubumwe za America, iyi mpanuka yatwaye ubuzima bwabo bombi.

Eric Gisa Rwigema ni imfura y’Intwari Maj. Gen Fred Gisa Rwigema wari uyoboye urugamba rwo Kwibohora rugitangira, aza kwicwa rugitangira, aho yaje gusimburwa na Paul Kagame waruyoboye kuva icyo gihe kugeza rurangiye.

Maj Gen Gisa Rwigema yasize abana babiri, ari bo, iyi mfura ye Eric Gisa Rwigema na mushiki we Teta Gisa Rwigema ubu ufite inshingano muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, aho ari Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri iyi Minisiteri.

Perezida Paul Kagame wari inshuti y’inkoramutima ya Rwigema kuva mu buto bwabo, mu kwezi k’Ugushyingo 2011 ubwo yitabiraga ubukwe bwa Teta Gisa Rwigema yavuze ko yifuza kubona musaza we na we ari mu Rwanda akumva umusaruro wavuye mu byo umubyeyi we yarwaniye akanabyitangira.

Icyo gihe Perezida Kagame wahaye ubutumwa Teta agomba gushyigikirza musaza we utarakundaga kuza mu Rwanda, yagize ati “Teta ndagutuma, ndibutume Jeannette [umugore wa Rwigema] ndetse ndibutume na nyogokuru. Hano ntabwo nabonye umuhungu wa Gisa, ntabwo yashoboye gutaha ubu bukwe, mumumbwirire ko yari akwiye kuba ari hano, akwiye kuba ari mu Gihugu, Igihugu se n’abandi twese twaharaniye tukaba twarakibonye.”

Icyo gihe kandi Umukuru w’u Rwanda yavuze ko yari afite amakuru ko Eric Gisa Rwigema ajya aza mu Bihugu by’ibituranyi by’u Rwanda ariko ntagere mu Gihugu cyibarutse umubyeyi we, kandi bitari bikwiye.

Yagize ati “kuza akaba yajya mu baturanyi agasubirayo atageze mu Rwanda, ntabwo ari byo, ntabwo bikwiye. Ntazaze ngo agarukire mu baturanyi ngo asubire aho yaturutse.”

Perezida Kagame yavuze ko uyu muhungu wa Rwigema agomba kugira uburenganzira ku Gihugu umubyeyi we yaharaniye ko kigira amahoro, ubu kikaba kiyafite.

Fred Rwigema
Eric Gisa Rwigema

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Imibare mishya y’abahitanywe n’imitingito yibasiye Venezuela yatumbagiye

Related Posts

Huye: Baribaza iherezo ry’ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’ibikorwa remezo

Huye: Baribaza iherezo ry’ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’ibikorwa remezo

by radiotv10
27/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rwaniro, mu Karere ka Huye, by’umwihariko abo mu Tugari twa Nyaruhombo na Kamwambi,...

The Gasabo Gold sanction: Justice, geopolitics, or selective pressure?

The Gasabo Gold sanction: Justice, geopolitics, or selective pressure?

by radiotv10
26/06/2026
0

Why Washington targeted a Kigali gold refinery and left the rest of the supply chain untouched? On Thursday, the U.S....

Imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II igeze ahashimishije

Imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II igeze ahashimishije

by radiotv10
26/06/2026
0

Ubuyobozi bwa Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu REG, buratangaza ko imirimo yo kubaka urugomero rw’umuriro w'amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II ritezweho...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

America yafatiye ibihano amasosiyete ane yo mu Rwanda iyashinja gutera inkunga M23

by radiotv10
26/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zafatiye ibihano amasosiyete ane y’ubucukuzi n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro yo mu Rwanda ndetse n’abantu babiri, ishinja...

Umusore yabenze umukobwa bari gusezerana nyuma yuko atahuye ko atarangije kaminuza ahubwo yiga mu yisumbuye

Umusore yabenze umukobwa bari gusezerana nyuma yuko atahuye ko atarangije kaminuza ahubwo yiga mu yisumbuye

by radiotv10
26/06/2026
0

Mu Karere ka Ngoma, haravugwa ubukwe bwapfuye ku munsi bwari kuberaho nyuma yuko umusore atahuye ko umukobwa bari gusezerana wari...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhungu w’Intwari y’u Rwanda Maj.Gen. Rwigema yagaragaye i Kigali yaje kureba umukino wa Basketball

Imibare mishya y’abahitanywe n’imitingito yibasiye Venezuela yatumbagiye

Huye: Baribaza iherezo ry’ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’ibikorwa remezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.