• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umugore akurikiranyweho gushaka kwica umugabo we amushyiriye ‘Super Glue’ mu nzoga amuziza kumwangira ko bimuka

radiotv10by radiotv10
30/06/2026
in Uncategorized
0
Umugore akurikiranyweho gushaka kwica umugabo we amushyiriye ‘Super Glue’ mu nzoga amuziza kumwangira ko bimuka
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, akurikiranyweho kugerageza kwica umugabo we amuhaye inzogo yashyizemo Super Glue, amuhoye kuba yaranze ko bimuka aho batuye ngo kuko amaze kuhabyarira abana batatu bagapfa.

Uyu mugore w’imyaka 25 akurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo, aho iki cyaha akekwaho gukora cyabereye mu Mudugudu wa Rwintare mu Kagari ka Kigabiro mu Murenge wa Rutunga.

Ubushinjacyaha dukesha aya makuru, buvuga ko iki cyaha cyakozwe tariki 09 Kamena 2026 ubwo uyu mugore yaguraga inzoga agashyiramo Super Glue kugira ngo ize kumuhitana.

Ubushinjacyaha buvuga ko icyo gihe uyu mugore “yaguze inzoga ashyiramo Super Glue ahereza umugabo ariko umugabo akagira amakenga ntayinywe kuko yari yahinduye ibara.”

Bukomeza bugira buti “Mu ibazwa rye, uregwa yemera icyaha; asobanura ko yashatse kwica umugabo we amuhoye ko yanze ko bimuka aho batuye kandi amaze kuhabyarira abana batatu (3) bagapfa.”

Icyaha cy’ubwinjiracyaha bw’icyaha cyo kuroga kiteganywa kandi bugahanishwa ingingo za 21 na 110 z’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seven =

Previous Post

Ibishobora gukurikira uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye w’u Burundi muri Congo no guhura na Tshisekedi

Related Posts

Yago wumvikanaho gucururuka yavuze icyo yiteguye gukora hagati ye n’abarimo umunyamakuru Sabin

Ni bande bavugwa mu kirego Umunyamakuru Yago yamaze gushyikiriza RIB

by radiotv10
19/06/2026
0

Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka Yago Pon Dat, aremeza ko yamaze gutanga ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB),...

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 170 zivuye muri Libya

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 170 zivuye muri Libya

by radiotv10
18/06/2026
0

U Rwanda rwakiriye abandi bantu 173 baturutse muri Libya barimo impunzi n’abashaka ubuhungiro, batumye umubare w’abamaze kwakirwa bose kuva muri...

Ruhango: Uwarokokeye mu yahoze ari Komini Masango yavuze uburyo Inkotanyi zamutabaye ku munsi yari kwicirwaho

Ruhango: Uwarokokeye mu yahoze ari Komini Masango yavuze uburyo Inkotanyi zamutabaye ku munsi yari kwicirwaho

by radiotv10
13/06/2026
0

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari abakozi n’imiryango y’abakoraga mu yahoze...

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

by radiotv10
08/06/2026
0

Nyuma yuko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bagaragaje ko hari abakobwa bashakwa bataruruza...

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

by radiotv10
03/06/2026
0

Abarema n’abacururiza mu Isoko rya Rwanza riherereye mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’imiterere y’iri soko...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umugore akurikiranyweho gushaka kwica umugabo we amushyiriye ‘Super Glue’ mu nzoga amuziza kumwangira ko bimuka

Ibishobora gukurikira uruzinduko rwa Perezida Ndayishimiye w’u Burundi muri Congo no guhura na Tshisekedi

Icyemezo cya Gen.Muhoozi cyatumye Umusenateri ukomeye muri America asaba ko umubano w’iki Gihugu na Uganda mu bya gisirikare usubirwamo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.