• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

radiotv10by radiotv10
08/06/2026
in Uncategorized
0
Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bagaragaje ko hari abakobwa bashakwa bataruruza imyaka 18, bityo ababyeyi babo bagafata inshingano zo gutunga urwo rugo rushya, bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo bagaragaza ko gushinga ingo ku bana bari munsi y’imyaka 18 nta gitangaza kirimo.

Muri Mutarama uyu mwaka wa 2026, bamwe mu rubyiruko rwo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu babwiye RADIOTV10 ko umukobwa waho ugejeje ku myaka 20, mu muco waho ngo aba yaratinze gushaka.

Banavugaga ko hari n’abashaka bakabera umutwaro ababyeyi babo kuko baba bakiri abana. Mu Murenge wa Nyundo naho, bamwe mu bashinze ingo bataragira imyaka 18 kimwe n’abashakanye n’abatarayuzuza bashimagije uwo muco, gusa bamwe bagaragaza ko gushakana n’umwana na byo bikurikirana n’ingaruka zitari nziza.

Florence yagize ati  “Aha iwacu abakobwa babifata nk’umuco. Nanjye nashatse mfite imyaka 17, ariko guhera kuri 15 hari igihe uhura n’umusore mukikundanira, akagukunda mukabana.”

Ndayambaje Didier ati “Wowe se ari wowe wajya kurya ikigori gikuze hari icyoroshye? Washaka igikecuru uri kubona akabagabaga? Cyakora hari igihe ubona ingaruka n’ubwo atari bose. Ubu njye yarantanye ansigana abana batatu. Ubu ndi kumwe n’abana banjye.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Ishimwe Pacifique, avuga ku kibazo cy’abana bahohoterwa mu byitwa gushinga ing, yavuze ko nta mwana ushinga urugo, ahubwo ngo aba ahohotewe kubera irari rya bamwe, aboneraho kubaha ubutumwa.

Visi Meya Ishimwe Pacifique ati “Amategeko y’u Rwanda arasobanutse: nta mwana ushinga urugo. Umwana wese uri munsi y’imyaka 18 ushyizwe mu mibanire nk’iy’abashakanye aba yahohotewe. Aba yafashwe ku ngufu zishingiye ku mitekerereze kandi ihohoterwa aba akorewe riba rizakomeza kuko atazuzuza inshingano z’urugo nk’uko bigomba.”

Yakomeje agira ati “Hari n’uwo duherutse gukurayo muri Nyamyumba bari abana kuko umuhungu afite imyaka 19 naho umukobwa afite 17 cyangwa 16 ngo barakundana. Twahise tumukurayo tumusubiza mu muryango kuko umuhungu yagize irari ariko ararikira umwana kandi iyo bigenze bityo habaho guhana. Inshuti z’umuryango rero zarahuguwe kandi niko kazi kazo zahise zitanga amakuru kuko urwo rugo ntirushobora kubaho kuko ntacyo rushingiyeho, naho twabasanze twasanze baryama ku ikarito! nta Matela, nta safuriya!”

Imibare y’ikigo cy’Ibarurishamibare yatangajwe muri 2023 yagaragaje ko umubare w’ab’igitsina gore ari 51.5% mu gihe abagabo ari 48.5% ariko ko umukobwa 1 muri 3 bari hagati y’imyaka 20 na 24 ngo aba yarashatse mu gihe mu basore ari umwe muri batandatu.

Bavuga ko gushaka umukobwa akiri muto atari igitangaza

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Senateri Prof.Dusingizemungu abona amateka y’u Rwanda akwiye kwigishwa nk’isomo ryihariye mu makaminuza

Related Posts

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

Gisagara: Abacururiza mu Isoko rya Rwanza babona ritajyanye n’igihe

by radiotv10
03/06/2026
0

Abarema n’abacururiza mu Isoko rya Rwanza riherereye mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’imiterere y’iri soko...

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Igisubizo gitangaje cy’ababyeyi bamwe ku bana b’abakobwa bubaka ingo bataruzuza imyaka 18 n’icyo ubuyobozi bubibutsa

Senateri Prof.Dusingizemungu abona amateka y’u Rwanda akwiye kwigishwa nk’isomo ryihariye mu makaminuza

Rusizi: Ikigo cyigaburira abana inyama n’amagi cyiri kwigirwaho udushya mu kugaburira abana ku ishuli

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.