Umuturage wo mu murenge wa Bugarama warokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 wabaga mu nzu imeze nabi yashyikirijwe inzu y’agaciro karenga miriyoni 9 yubatswe n’inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Rusizi, Ubuyobozi bushimira uruhare rw’abagore mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage buvuga ko ari ikigaragaza ukwibohora kuzuye.
Nambajimana Laurien wo mu mudugudu wa Mubombo mu kagari ka Ryankana, avuga ko umuryango we ugizwe n’abantu 8 wari umaze igihe uba mu nzu nto y’amabati 5, yari yarashaje ku buryo banyagirwaga mu gihe cy’imvura.
Ati “Iyo nzu yo yari yarashangutse burundu, imvura yagwaga tukabura aho twugama”.
Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Rusizi Ayinkamiye Clementine avuga ko byakozwe mu rwego rwo gushimangira ukwibohora ndeste no kugaragaza uruhare rw’abagore mu iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage nyuma y’uko nabo bahawe ijambo n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu bwabohoye u Rwanda mu myaka 32 ishize.
Agira ati “Tugira imihigo itandukanye, harimo kubakira abatishoboye,kurwanya imirire mibi no gusubiza abana mu ishuli. Buri mwaka rero muri buri murenge ba mutima w’urugo baba bafite umuhigo wo kubakira umuturage utishoboye, natwe ku rwego rw’akarere tukagira uwo twubakira mu barokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, akabona aho kuba tukamuhobeza ubuzima”.
Nyuma yo kubona inzu irimo ibikoresho by’ibanze nk’intebe n’ibiryamirwa, Nambajimana avuga ko nawe yiyumvamo ukwibohora kuko we n’umuryango we bagiye kubaho neza bitandukanye na mbere.
Ati “Njyiye kujya ndyama nsinzire ntekanye. Twararaga kuri shitingi hasi, ariko baduhaye mo na matora. Ku mutima wanjye ndashimira Paul Kagame yo gahora ku ngoma, kuko ni we nkesha ibi byose”.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukakalisa Francine ushimira abagore kuri iki gikorwa cyiza, avuga ko bigaragaza ugushobora kwabo ndeste n’uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu.
Agira ati “Ni ikimenyetso kinini kigaragaza ko abagore nabo bafite uruhare mu kubaka igihugu giteye imbere, mu kubaka iterambere ry’igihugu cyacu”.
Mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kuri iyi nshuro, hirya no hino mu karere ka Rusizi hatashywe inzu 12 zubakiwe abatishoboye mu byiciro bitandukanye batagiraga aho kuba n’ababaga ahatameze neza.
Gusa ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buvuga ko ari urugamba rugikomeza, kuko kugeza ubu hari abaturage 175 badafite aho kuba ndeste n’abandi barenga 1000 baba mu nzu zikeneye kuvugururwa.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10





