• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, July 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagaragaje ingingo ikomeye ikibura mu gukemura ibibazo by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
04/07/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagaragaje ingingo ikomeye ikibura mu gukemura ibibazo by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko ikibazo gikomeye kikibangamira iyubahirizwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC ari ubushake bwa Politiki bukomeje kuba iyanga ku ruhande rwa Congo.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, cyagarutse ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Tariki 24 Kamena 2026, i London mu Bwongereza habereye inama ya gatandatu ya komisiyo Ihuriweho ishinzwe gukurikirana iyubahirizwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington (JOC: Joint Oversight Committee).

Iyi nama yarangiye u Rwanda na DRC biyemeje gushyira mu bikorwa ingingo zinyuranye zirimo “Gushyira mu bikorwa byuzuye Amasezerano y’Amahoro hagati ya DRC n’u Rwanda yasinywe ku ya 27 Kamena 2025, arimo n’arebana n’ibitero by’indege zitagira abapilote.”

Nanone kandi ibi Bihugu byemeranyijwe guhagarika vuba na bwangu umwuka mubi ukomeje kugaragara byumwihariko mu bibazo biri mu bice bya Minembwe, no gukoresha ububasha bwabo ku mpande zose ziri mu mirwano muri kariya gace kugira ngo iyi ntego igerweho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, muri iki kiganiro na RFI, yavuze ko amasezerano y’amahoro ya Washington asobanutse kuko arimo ingingo zose zakagombye kuvamo umuti w’ibibazo byose bihari, yaba “iby’umutekano, ibya politiki ndetse n’iby’ubukungu.”

Yakomeje agira ati “Ariko ingingo isigaye kubonerwa umuti, ni irebana n’ubushake bwa politiki, kandi ubushake bwa politiki butangirira ku kubahiriza agahenge ko guhagarika imirwano aho iri kubera, kuko amasezerano yose y’amahoro uko yaba ameze kose, atangirira ku kubahiriza byuzuye agahenge.”

Yavuze ko nyuma y’amasezerano menshi yagiye asinywa arimo ibijyanye n’agahenge, arimo n’aya y’amahoro y’i Washington, iyi ngingo yo guhagarika imirwano itigeze yubahirizwa na rimwe kuko uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa rutahwemye kugaba ibitero rukoresheje intwaro zikomeye zirimo indege zitagira abapilote (drone).

Ati “Atari ibitero gusa bigabwa mu birindiro bya AFC/M23 [irebwa n’ayo masezerano yasinywe], ahubwo binibasira Abanyamulenge bakaba abasivile b’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kwicwa umunsi ku wundi.”

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko izingiro ry’Amasezerano y’Amahoro yasinywe, kwari ukubahiriza agahenge ko guhagarika imirwano, ariko ubutegetsi bwa Congo bwakomeje kurangwa no kubura ubushake bwa politiki mu kubyubahiriza.

Yavuze kandi ko ikindi gishimangira ko ubutegetsi bwa Congo budafite ubushake bwa Politiki, ari uko bwanze gusenya umutwe wa FDLR nk’uko bwabyiyemeje muri ariya masezerano, ubundi u Rwanda na rwo rukaba rwabona kubahiriza ibyo rwiyemeje byo gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + seventeen =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

by radiotv10
04/07/2026
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda bwashyize hanze ibirango n’amabendera bishya by’inzego zigize RDF, butangaza ko mu byahindutse harimo ibimenyetso byambarwa...

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Min.Nduhungirehe yagaragaje ingingo ikomeye ikibura mu gukemura ibibazo by’u Rwanda na Congo

Ingabo z’u Rwanda zahinduye ibirango n’ibimenyetso byambarwa ku maboko y’impuzankano

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.