• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye umuhungu wa Museveni baganira ku bibazo by’u Rwanda na Uganda

radiotv10by radiotv10
22/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye umuhungu wa Museveni baganira ku bibazo by’u Rwanda na Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari Umuhungu wa Perezida Museveni akaba Umujyanama we mu bikorwa byihariye bya gisirikare n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, aho baganiriye ku mubano w’u Rwanda na Uganda umaze iminsi urimo igitotsi.

Perezida Paul Kagame yakiriye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Mutarama 2022 akakirwa n’abarimo Umuyobozi w’Ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu, Brig Gen Willy Rwagasana ndetse n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Ronald Rwivanga.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, byatangaje aya makuru yo kuba Perezida Kagame yakiriye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, bivuga ko “Bari kuganira ku mubano w’Ibihugu byombi; u Rwanda na Uganda.”

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba wari watangaje iby’uru ruzinduko rwe rw’umunsi umwe, mu butumwa yari yanyujije kuri Twitter, yari yagize ati “Ejo nzaba ndi kumwe na Data wacu’Marume Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda, amakuru arambuye muzagezwaho ku gihe.”

Uyu muhungo wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni ukunze gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, mu minsi ishize na bwo yari yavuze ko Perezida Kagame ari Se wabo/Nyirarume bityo ko abamurwanya baba banarwanya umuryango, aboneraho kuburira abamufiteho iyo migambi mibi kubyitondera.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba aje mu Rwanda mu gihe imyaka igiye kuba itatu abatuye ibi bihugu batagenderana kuko imipaka yafunzwe muri Werurwe 2019 nyuma y’uko hari Abanyarwanda benshi bari bamaze guhohoterwa muri Uganda.

Ibinyamakuru bikomeye muri Uganda, byatangaje ko Lt Gen Muhoozi Kainerugaba azanye ubutumwa bw’umubyeyi we Yoweri Kaguta Museveni bugamije gushaka uburyo ibibazo bimaze iminsi hagati y’Ibihugu byombi byashakirwa umuti.

Mu minsi yashize, Perezida Kagame yatangaje ko we na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni badaheruka kuvugana.

Abasesengura ibya Politiki n’ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi, bavuga ko nubwo uruzinduko rw’umuhungu wa Museveni mu Rwanda rutafatwa nk’urugiye gutuma haboneka umuti ariko ko rufite igisobanuro gikomeye cyo kubura ubushake bwo gukemura ibibazo.

Amakuru avuga ko Perezida Kagame na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, mu biganiro bagirana baza no gushyiraho irindi tsinda ryo kwiga ku muti w’ibi bibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 20 =

Previous Post

Rusizi: Umujura yibye amafaranga umuvuzi gakondo ahita akora ku rutsinga ako kanya arayagarura

Next Post

U Rwanda rufite icyizere cya 50% cy’inzira iganisha ku iherezo ry’ibibazo rufitanye na Uganda

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
U Rwanda rufite icyizere cya 50% cy’inzira iganisha ku iherezo ry’ibibazo rufitanye na Uganda

U Rwanda rufite icyizere cya 50% cy’inzira iganisha ku iherezo ry’ibibazo rufitanye na Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.