Wednesday, September 9, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Imirwano ishobora gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC muri Kivu ya Ruguru

Imirwano ishobora gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC muri Kivu ya Ruguru

Mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bakomeje kongera imbaraga mu bikorwa bya gisirikare mu bice bya bihuza Masisi na Walikare

Ni mu gihe muri Kivu y’Amajyepfo ingabo za Leta ya Congo zikomeje kugerageza kwisubiza ibice by’ingenzi byo mu misozi miremire, ibi byose bikomeje kuba mu gihe hashyizweho uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge, ndetse urwego rubishinzwe rukaba rwarakoze ubutumwa bwarwo bwa mbere.

Mu Majyaruguru, ahari kuba imirwano ikomeye ni mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Masisi. Muri Gurupoma Nyamaboko I, aho abarwanyi ba AFC/M23 bahanganye cyane cyane n’abarwanyi ba Wazalendo bafatanya n’ingabo za Leta ya Congo, bakabakubita incuro.

Nyuma yo gufata agace ka Ngululu, AFC/M23 yakomeje igana mu bindi bice birimo Humura na Kazinga. Ibi byatumye igitutu cy’ibitero cyerekeza mu bice bya Kyumba na Langira, biri muri Teritwari ya Walikale. Ibi bice byari bisanzwe byarahungiyemo imiryango yavuye muri Masisi kubera imirwano.

Hari kandi indi mirwano iri kubera mu majyepfo ya Masisi. Muri Gurupoma ya Ufamandu I, aho AFC/M23 igenzura ibice bya Miko, Kaleta na Remeka.

Ababarwanyi ba Wazalendo bakomeje kugerageza kwisubiza bimwe muri ibyo bice, biri hafi y’ibilometero 15 uvuye i Biriko, kamwe mu duce twa mbere two muri Walikale kuri uwo murongo.

Mu majyaruguru, muri Teritwari ya Walikale, ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zifatanyije na Wazalendo, na zo zirimo kugerageza kwirukana AFC/M23 mu bice birimo umusozi wa Tchad, agasozi ka Kasumba ndetse n’agace k’icyaro ka Kazumba.

Hari kandi amakuru avuga ko AFC/M23 yakomeje kohereza abandi barwanyi mu gace ka Ihula mu rwego rwo kongera imbaraga ku rugamba.

Mu burasirazuba bw’umujyi wa Walikale, AFC/M23 na yo ikomeje gushimangira ibirindiro byayo i Kashebere na Kibati, aho ihanganye n’ingabo za Leta ziri ku murongo wa Mungazi-Kibua.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 3 =